Messi yagize imvune hasigaye iminsi 18 ngo Igikombe cy’Isi gitangire
Amakuru

Messi yagize imvune hasigaye iminsi 18 ngo Igikombe cy’Isi gitangire

MICOMYIZA Fidele

May 25, 2026

Kapiteni wa Inter Miami ndetse n’ikipe y’Igihugu ya Argentina, Lionel Messi, yagize imvune mu mukino ikipe ye yakinnyemo na Philadelphia Union muri Shampiona ya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, ibintu byateye impungenge abakunzi b’umupira w’amaguru, mu gihe habura iminsi 18 gusa ngo hatangire Igikombe cy’Isi cya 2026.

Messi yasohotse mu kibuga ku munota wa 73 w’umukino ari we ubwe usabye gusimburwa, nyuma yo kumva atameze neza. Ako kanya byahise bizamura impungenge mu bafana ba Argentina bari biteze ko azayifasha mu rugendo rwo kugumana igikombe yegukanye mu 2022.

Uyu mukino warangiye Inter Miami itsinze Philadelphia Union ibitego 6-4, uba umwe mu mikino yabonetsemo ibitego byinshi mu mateka ya Shampiyona ya Major League Soccer (MLS). Nubwo Messi atabonye igitego muri uwo mukino, yatanze imipira ibiri yavuyemo ibitego.

Ikipe ya Inter Miami ntiratangaza mu buryo burambuye ubwoko bw’imvune Messi yagize n’igihe ashobora kumara adakina. Icyakora, umutoza w’agateganyo w’iyi kipe, Guillermo Hoyos, yavuze ko iyi mvune idakomeye cyane, ibintu byatanze icyizere ku bafana ndetse no ku ikipe y’igihugu ya Argentina.

Iyi mvune ibaye mu gihe Messi yari ari mu bihe byiza byo kwitwara neza, kuko mu mikino itanu iheruka yari amaze gutsinda ibitego bitanu ndetse anatanga imipira irindwi yavuyemo ibindi bitego, akomeza kwerekana ko agifite uruhare rukomeye mu mikinire ya Inter Miami.

Messi ategerejwe mu mwiherero w’Ikipe y’Igihugu ya Argentina yitegura Igikombe cy’Isi cya 2026, aho izabanza gukina imikino ya gicuti n’ibihugu bya Honduras na Iceland. Argentina, ifite igikombe giheruka, iri mu itsinda rimwe na Algeria, Austria na Jordan.

Uyu rutahizamu w’imyaka 38 amaze gukinira Argentina imikino 198, atsindamo ibitego 116, ibintu bituma akomeza kuba umwe mu bakinnyi bafite ibigwi bikomeye mu mateka y’umupira w’amaguru ku Isi.

Lionel Messi yagize imvune mu gihe habura iminsi 18 igikombe cy’isi kigatangira

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA