Ihuriro AFC/M23 rigenzura Umujyi wa Goma mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ryemeje ko uwo mujyi uhana imbibi n’u Rwanda wagaragayemo umurwayi wa Ebola. Itangazo ryashyizwe hanze n’Umuvugizi wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka kuri iki Cyumweru tariki ya 17 Gicurasi, rigaragaza ko nyuma yuko uwo murwayi abonetse, inzego z’ubuzima n’izishinzwe ibikorwa by’ubutabazi ziri gukurikirana icyo kibazo kugira hirindwe ikwirakwira ryayo harindwa ubuzima bw’abaturage.
Kanyuka yagize ati: “Hakimenyakana amakuru y’uwo murwayi ubuyobozi bwa AFC-M23 bwakoranye n’urwego rw’ubuzima n’inzego z’ibanze, kugira ngo hakumirwe ikwirakwira. Uwo murwayi yashyizwe mu kato ari kwitabwaho n’abaganga byihariye.”
Yongeyeho ko hari gushakishwa abantu bahuye n’uwo murwayi kandi abakora mu rwego rw’ubuzima boherejwe mu duce twibasiwe hagamijwe gukaza ingamba z’ubwirinzi. AFC/M23 yahumurije abaturage ko hari gukorwa ibishoboka kugira ngo icyo cyorezo cyirindwe.
Ku ruhande rw’u Rwanda, imipaka ihuza Akarere ka Rubavu mu Rwanda na Goma muri RDC yafunzwe kubera Ebola. Ifungwa ry’imipaka ryabaye mu gitondo cyo kuri iki cyumweru tariki ya 17 Gicurasi 2026 nkuko Mulindwa Prosper, Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu yabitangaje. Ati: “Imipaka ihuza Goma na Gisenyi irafunzwe by’agateganyo mu gukurikirana icyorezo cya Ebola, turakomeza kuganira n’abaturage bacu tubasobanurire impamvu byakozwe.”
Ku wa 15 Gicurasi 2026, ni bwo icyorezo cya Ebola cyongeye kugaragara mu Ntara ya Ituri mu Burasirazuba bwa RDC, hafi y’umupaka wa Uganda na Sudani y’Epfo. Umunsi wakurikiyeho cyahise kigera muri Uganda aho byatangajwe ko ku wa 16 Gicurasi abantu babiri bacyanduye, umwe akahasiga ubuzima.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryaburiye ko ibihugu bituranye biri mu byago byo kucyandura bitewe n’ikwirakwira ryacyo. OMS yavuze ko Ebola ari ikibazo cy’ubuzima rusange gihangayikishije Isi nyuma yuko abantu barenga 300 bo muri ibyo bihugu ibagaragayeho, abandi 88 ikabica.
Mu butumwa Umuyobozi Mukuru wa OMS, Tedros Adhanom Ghebreyesus yanyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri iki Cyumweru yemeje ko ibihugu bituranye biri mu byago bikomeye byo kucyandura kubera uko gikwirakwira kandi gishobora gukara cyane bitewe n’uko ibipimo bya mbere byagaragaje umubare munini w’abanduye ndetse n’uburyo umubare w’abandura ukomeza kwiyongera.
