Amagare : Abakinnyi 12 ni bo baserukiye u Rwanda muri shampiyona y’Afurika

Warning: Undefined array key 1 in /home/imvahonshyaco/public_html/m/wp-content/themes/imvaho/single.php on line 23

Warning: Attempt to read property "cat_name" on null in /home/imvahonshyaco/public_html/m/wp-content/themes/imvaho/single.php on line 23

Amagare : Abakinnyi 12 ni bo baserukiye u Rwanda muri shampiyona y’Afurika

Imvaho Nshya

February 6, 2023

Kuva taliki 08 kugeza 13 Gashyantare 2023  mu mujyi wa Accra muri Ghana hagiye kubera shampiyona y’Afurika mu mukino wo gusiganwa ku magare mu muhanda  igiye kuba ku nshuro ya 17 « African Road Cycling Championships 2023 ».

Uretse iyi shampiyona izaba mu bakinnyi basanzwe, hateganyijwe na shampiyona y’Afurika mu cyiciro cy’abafite ubumuga igiye kuba ku nshuro ya mbere “Africa Para-cycling championship 2023 ”. Iyi shampiyona ikaba igiye gufasha ishyirahamwe ry’umukino w’amagare muri Ghana kwitegura imikino y’Afurika « All African Games 2023 » izabera muri iki gihugu muri Kanama 2023.

Muri iyi shampiyona y’Afurika, abakinnyi 12 ni bo baserukiye  u Rwanda aho bari mu byiciro bitatu.

Mu cyiciro cy’abakinnyi bakuru n’abatarengeje imyaka  23 “Men Elie &U-23” hari Mugisha Moise, Muhoza Eric, Niyonkuru Samuel, Nsengimana Jean Bosco,Tuyizere Etienne na Uhiriwe Byiza Renus.

Mu cyiciro cy’ingimbi “Men Junior” hari Nshutiraguma Kevin, Shyaka Janvier na Tuyizere Hashim.

Mu cyiciro cy’abagore “Women Elite” hari Nirere Xaverine, Ingabire Diane na Nzayisenga Valentine bakinira ikipe ya Canyon/SRAM Generation mu Budage.

Abajyanye n’ikipe ni Sempoma Felix (Umutoza mukuru), Uwimana Jean de Dieu (Umukanishi), Ruvogera Obed (Ushinzwe kunanura imitsi abakinnyi), Murenzi Emmanuel (Umuyobozi wa Tekinike) na Munyankindi Benoit (Umunyamabanga mukuru wa FERWACY).

Iyi kipe y’u Rwanda  n’abayiherekeje yahagarutse i Kigali mu rukerera rwo kuri uyu wa mbere taliki 06 Gashyantare 2023.

Mu mikino ya shampiyona y’Afurika  iheruka muri 2022  yabereye mu Misiri, u Rwanda rwegukanye imidali ibiri harimo umwe wa Zahabu n’undi w’Umulinga.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA