Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu w’Umunya-Togo, Antonio Atisso Kodjo, watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Bénin 2025/26.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Kamena 2026, ni bwo Rayon Sports yatangaje ko yungutse umukinnyi mushya uzayifasha guhera mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27. Uyu rutahizamu uca ku ruhande asatira, yahawe amasezerano y’imyaka ibiri akinira Gikundiro.
Uyu mukinnyi w’imyaka 27 wakiniraga Damissa FC, yo Cyiciro cya Mbere muri Benin, akaba ari na we watsinze ibitego byinshi muri iyi Shampiyona, aho yatsinze ibitego 16.
Uyu mukinnyi mushya yiyongereye ku bandi bakinnyi Rayon Sports imaze gusinyisha muri iyi mpeshyi barimo Nizeyimana Mubaraka, Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier, Nisingizwe Christian, Abbel Matumona, Charles Tchouplaou na Ndikumana Fabio. Ni mu gihe yatandukanye n’abarimo Youssou Diagne, Ramazani Tshimanga, Bayisenge Emery na Ntarindwa Aimable.
Rayon Sports yasoreje ku mwanya wa kabiri mu makipe yo mu Rwanda iritegura amarushanwa mpuzamahanga arimo CECAFA Kagame Cup rizabera mu Rwanda, ndetse na CAF Confederation Cup.
