Rayon Sports yaguze rutahizamu warushije abandi muri Benin
Siporo

Rayon Sports yaguze rutahizamu warushije abandi muri Benin

SHEMA IVAN

June 23, 2026

Rayon Sports yatangaje ko yasinyishije rutahizamu w’Umunya-Togo, Antonio Atisso Kodjo, watsinze ibitego byinshi muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Bénin 2025/26. 

Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 23 Kamena 2026, ni bwo Rayon Sports yatangaje ko yungutse umukinnyi mushya uzayifasha guhera mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27. Uyu rutahizamu uca ku ruhande asatira, yahawe amasezerano y’imyaka ibiri akinira Gikundiro.

Uyu mukinnyi w’imyaka 27 wakiniraga Damissa FC, yo Cyiciro cya Mbere muri Benin, akaba ari na we watsinze ibitego byinshi muri iyi Shampiyona, aho yatsinze ibitego 16.

Uyu mukinnyi mushya yiyongereye ku bandi bakinnyi Rayon Sports imaze gusinyisha muri iyi mpeshyi barimo Nizeyimana Mubaraka, Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier, Nisingizwe Christian, Abbel Matumona, Charles Tchouplaou na Ndikumana Fabio. Ni mu gihe yatandukanye n’abarimo Youssou Diagne, Ramazani Tshimanga,  Bayisenge Emery na  Ntarindwa Aimable. 

Rayon Sports yasoreje ku mwanya wa kabiri mu makipe yo mu Rwanda iritegura amarushanwa mpuzamahanga arimo CECAFA Kagame Cup rizabera mu Rwanda, ndetse na CAF Confederation Cup.

Umunya-Togo, Antonio Atisso Kodjo, yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa Rayon Sports mu gihe cy’imyaka ibiri

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA