Cristiano Ronaldo yabaye umukinnyi wa mbere utsinze igitego mu marushanwa atandatu y’Igikombe cy’Isi, nyuma yo gufasha Portugal kunyagira Uzbekistan ibitego 5-0 mu mukino wa kabiri wo mu Itsinda K mu irushanwa ry’uyu mwaka.
Ni umukino wabereye kuri Stade ya NRG iherereye mu Mujyi wa Texas muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 23 Kamena 2026.
Cristiano yageze ku gahigo ke ku munota wa gatandatu yafunguraga amazamu ku mupira mwiza Joao Cancelo yamuhaye ari mu rubuga rw’amahina ahita awushyira mu izamu.
Ku munota wa 17, myugariro Nuno Mendes yatsinze igitego cya kabiri cya Portugal kuri coup-franc nziza yatereye hanze y’urubuga rw’amahina, umupira uruhukira mu izamu.
Ku munota wa 39, Cristiano Ronaldo yongeye kunyeganyeza inshundura ku mupira mwiza Bruno Fernandes yamucomekeye awushyira mu izamu.
Igice cya mbere cyarangiye Portugal itsinze Uzbekistan ibitego 3-0, iba inshuro ya mbere yinjije ibitego bitatu mu gice cya mbere cy’umukino w’Igikombe cy’Isi.
Ku munota wa 65, Portugal yabonye igitego cya kane nyuma y’uko n’umunyezamu Abduvakhid Nematov yitsinze. Rafael Leao yatsinze igitego cya gatanu ku munota wa 87.
Umukino warangiye Portugal inyagiye Uzbekistan ibitego 5-0, ibona intsinzi ya mbere yatumye ifata umwanya wa mbere n’amanota ane mu gihe Uzbekistan yasezerewe nyuma yo gutsindwa imikino ibiri, izasoreza kuri RDC ku Cyumweru.
Undi mukino wo muri iri Itsinda, RDC irahura na Colombia saa kumi z’ijoro ku wa Gatatu, tariki ya 24 Kamena 2026.
Muri uyu mukino, Cristiano Ronaldo yanditse amateka mashya yo kuba umukinnyi wa mbere utsinze igitego mu marushanwa atandatu y’Igikombe cy’Isi (2006, 2010, 2014, 2018, 2022 na 2026).
Uyu rutahizamu kandi yabaye umukinnyi wa mbere utsindiye Portugal ibitego byinshi (10) mu Gikombe cy’Isi, aho yakuyeho agahigo kari gafitwe na Eusébio arusha igitego kimwe.




