South Sudan 68-83 Egypt
Uganda 53-61 Kenya
Taliki 15-02-2023
Rwanda- South Sudan ( 16h00)
Egypt-Uganda( 18h30)
Taliki 16-02-2023
Kenya-Rwanda (16h00)
Uganda-South Sudan (18h30)
Taliki 17-02-2023
Rwanda-Egypt (16h00)
South Sudan-Kenya (18h30)
Taliki 18-02-2023
Egypt-Kenya (16h00)
Uganda-Rwanda (18h30)
Kuva taliki 14 Gashyantare 2023 i Kampala muri Uganda harimo kubera imikino y’Akarere ka Gatanu yo gushaka itike y’imikino y’Afurika mu bagore mu mukino wa Basketball “FIBA Zone V Afrobasket Women Qualifiers 2023″ ikazasozwa taliki 19 Gashyantare 2023.
Iyi mikino yitabiriwe n’ibihugu 5 ari byo Uganda, Egypt, Kenya, South Sudan n’u Rwanda rufite itike kuko ruzakira imikino ya nyuma y’Afurika “FIBA Women Afrobasket 2023” ikazabera i Kigali kuva taliki 28 Nyakanga kugeza 06 Kanama 2023.
Aya makipe azakina hagati yayo hanyuma ikipe ya mbere n’iya kabiri zikine umukino wa nyuma naho iya kane n’iya gatatu zihatanire umwanya wa 3. Ikipe izegukana igikombe ni yo izabona itike y’imikino y’Afurika.
Ikipe y’u Rwanda yitabiriye iyi mikino y’Akarere ka 5 mu rwego rwo kwitegura iratangira ikina na South Sudan, kuri uyu wa Gatatu taliki 15 Gashyantare 2023, umukino ubere muri MTN Arena Lugogo i Kampala saa kumi n’imwe (17h00) akaba ari saa kumi (16h00) mu Rwanda.
Undi mukino uteganyijwe, ikipe ya Egypt irakina na Uganda, saa moya n’iminota 30 (19h30) muri Uganda akaba ari saa kumi n’ebyiri n’iminota 30 (18h30) mu Rwanda.
Taliki 16 Gashyantare 2023, ikipe y’u Rwanda izakina na Kenya, taliki 17 Gashyantare 2023 ikine na Egypt isoze iyi mikino y’amajonjora taliki 18 Gashyantare 2023 ikina na Uganda.

Ku munsi wa mbere w’iyi mikino y’Akarere ka 5, taliki 14 Gashyantare 2023, ikipe ya Egypt yitwaye neza itsinda South Sudan amanota 83 kuri 68 naho Kenya itsinda Uganda amanota 61 kuri 53.


Nyuma y’iyi mikino y’amajonjora, taliki 19 Gashyantare 2023 hazaba umukino wo guhatanira umwanya wa gatatu n’umwanya wa mbere.
Ikipe y’u Rwanda igizwe n’abakinnyi bakina imbere mu gihugu
Umutoza mukuru w’ikipe y’u Rwanda, Dr. Cheikh Sarr yahisemo gukoresha muri iri rushanwa abakinnyi bakina imbere mu gihugu nyuma mu mikino y’Afurika akaba ari bwo azongeramo abakina hanze y’u Rwanda.
Iyi kipe y’u Rwanda yatangiye imyitozo taliki 13 Mutarama 2023 ari abakinnyi 17 nyuma hatoranywamo 12 ari bo baserukiye igihugu muri iyi mikino y’Akarere ka 5.
Abakinnyi baserukiye u Rwanda
Aba ni Imanizabayo Marie Laurence, Umunezero Ramla, Nadine Rutagengwa, Kiyobe Marie Chantal, Micomyiza Rosine,Dusabe Jane,Akimana Umuhoza Martine, Mushikiwabo Sandrine, Uwizeye Assouma, Umugwaneza Charlotte, Tetero Odile na Mwizerwa Faustine.

Imikino y’Akarere ka 5 “Zone 5” iheruka yabereye i Kigali, kuva taliki 14 kugeza 17 Nyakanga 2021, aho yari yitabiriwe n’ibihugu 4 aribyo Kenya, u Rwanda, Egypt na South Sudan. Ikipe y’u Rwanda yasoreje ku mwanya wa 3, Kenya yegukana igikombe itsinze Egypt ku mukino wa nyuma amanota 99 kuri 83.