Ikipe y’Igihugu ya Espagne iherutse kwegukana Igikombe cy’Isi cya 2026 itsinze Argentine igitego 1-0 ku mukino wa nyuma wakinwe ku wa 19 Nyakanga, yafashe umwanya wa mbere ku Isi mu gihe u Rwanda rwagumye ku wa 128, ku rutonde rw’Ishyirahamwe ry’Umupira (FIFA). Ku mugoroba wo ku Mbere tariki ya 20 Nyakanga, ni bwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru ku Isi FIFA yasohoye urutonde rugaragaza uko ibihugu bikurikiranye.
Uru rutonde rwasize Espagne yigaranzuye Argentine ifata umwanya wa mbere n’amanota 1 995,8 ikurikiwe na Albiceleste ya Argentine ifite amanota 1 970,3 mu gihe ku mwanya wa gatatu hari Les Bleus y’u Bufaransa n’amanota 1 948,9 na ho ‘Three Lions’ y’u Bwongereza ikaba iya kane n’amanota 1 922,8.
Ni mu gihe u Buholandi bwabaye ubwa cyenda bumanutse umwanya umwe, Mexique iba iya 10 izamutse imyanya ine, isubira muri icyo cyiciro yaherukagamo muri Werurwe 2022 na ho u Budage bwageze ku mwanya wa 12 nyuma yo gusubira inyuma imyanya ibiri.
Ibihugu byasubiye inyuma nyuma yo kwitwara nabi mu Gikombe cy’Isi birimo Turikiya yatakaje imyanya itanu ikaba iya 27, Koreya y’Epfo yabaye iya 32 itakaje imyanya irindwi, Panama ya 44 yatakaje imyanya 10, Repubulika ya Tchèque n’iya 48 nyuma yo gusubira inyuma imyanya umunani.
Ku rundi ruhande Tunisia ni cyo gihugu cyatakaje imyanya myinshi (12) kiba icya 57, Ouzbekistan iba iya 60 itakaje imyanya 10, Chili iba iya 49 izamutse imyanya ibiri na ho Peru iba iya 50 izamutse imyanya ibiri.
U Rwanda mu bihugu bitanyeganyeze kuri uru rutonde kubera ko nta mikino byakinnye ruguma ku mwanya wa 128 n’amanota 1 126,6.
Mu bihugu bituranye n’u Rwanda, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni iya 41, Uganda (89), Kenya (109), Tanzania (112) n’u Burundi (142). Urutonde rutaha ruzasohoka ku wa 29 Nzeri 2026.

