Gatsibo: Umugabo yiciwe mu rutoki atemaguwe n’abataramenyekana
Imibereho

Gatsibo: Umugabo yiciwe mu rutoki atemaguwe n’abataramenyekana

HITIMANA SERVAND

April 21, 2026

Mu gitondo cyo kuri uyu wa kabiri umurambo wa Mutabaruka Theoneste w’imyaka 55 wasanzwe mu rutoki mu Kagari ka Bushobora mu Murenge wa Remera aho yiciwe atemaguwe n’abataramenyekana. Abaturanyi bavuga ko Mutabaruka ejo yari ku kabari kari hafi yaho atuye, agataha nta muntu bagiranye ikibazo, gusa mu gitondo bakaza gutungurwa no gusanga yishwe nabi atemaguwe. Bavuga ko kugeza ubu nta kintu bakeka abamwishe baba bari bamukurikiyeho

Mukarwego Venantie yagize ati: “Mutabaruka ejo naramwiboneye ndetse no kumugoroba yari mu gasantere ubona nta kibazo afite. Yatashye nk’abandi bose ariko ntiyagera iwe aho abantu batanamenya icyamubayeho, ahubwo amakuru yamenyekanye ari uko tubonye aho yatemewe.”

Yongeyeho ati: “Aba bantu ni inyamaswa. Ibi ni ibyo kwamagana abantu bafite umutima w’ubwicanyi no kuvutsa bagenzi babo ubuzima. Turasaba ko hakorwa ibishoboka aba bantu bakamenyekana ndetse bakabiryozwa.”

Mupagasi Emmanuel na we yagize ati: “Ubu bwicanyi bwadutunguye ndetse ukuntu bamwishe byadukuye umutima.bigaragara ko atishwe n’umuntu umwe kuko ashobora kuba yabanje kuganirizwa n’abantu bamuzi bigatuma bamwica mu buryo atatabaje.Nta kibazo kidasanzwe tuzi yaba yari afitanye n’abantu,ku buryo bagera ku rwego rwo kumuvutsa ubuzima.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Remera, Urujeni Console yavuze ko abakekwaho ubu bugizi bwa nabi bataramenyekana gusa iperereza ryatangiye. Ati: “Mutabaruka Theoneste yishwe n’abataramenyekana. Ni umuturage usanzwe utari ufite ibintu yakwamburwa aho kugeza ubu hataramenyekana intandaro yo kwicwa kwe. Inzego zibishinzwe zatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane abamwishe.”

Yasabye abaturage kwirinda ibyaha birimo n’ibi bivutsa abandi ubuzima. Ati: “Turasaba abaturage kwirinda ibyaha birimo n’ibiganisha ku bwicanyi. Mu gihe hari n’abagirana ibibazo bakwiye kwegera ubuyobozi bukabafasha, ikindi ni uko dusaba uwagira amakuru ku baba bagize uruhare muri ubu bwicanyi kuyatanga bigafasha mu kubatahura.

Umurambo wa Nyakwigendera wajyanywe mu bitaro bya Kiziguro kugira ngo ukorerwe isuzuma. Mutabaruka nta mugore yabanaga na we gusa akaba yari afite abana.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA