Imbere ya Perezida Kagame, RSSB Tigers yanditse amateka yegukana BAL 2026 (Amafoto)
Siporo

Imbere ya Perezida Kagame, RSSB Tigers yanditse amateka yegukana BAL 2026 (Amafoto)

SHEMA IVAN

May 31, 2026

RSSB Tigers yanditse amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) nyuma yo gutsinda Petro de Luanda yo muri Angola amanota 90-88 mu mukino warebwe na Perezida Paul Kagame.

Uyu mukino wari utegerejwe na benshi, wabaye mu ijoro ryo kuri iki Cyumweru, tariki ya 31 Gicurasi 2026 muri BK Arena yari yuzuye abafana ibihumbi 10.

Wari umukino utegerejwe cyane kuko RSSB Tigers yifuzaga kuba ikipe yo mu Rwanda yegukanye iri rushanwa ryakinwaga ku nshuro ya gatandatu, mu gihe iyo muri Angola na yo yashakaga igikombe cya kabiri gisanga icyo yatwaye mu 2024.

Petro de Luanda ni yo yatangiye neza umukino itsinda amanota menshi ibifashijwemo n’abakinnyi barimo Abou Backar Pedro ikinyuranyo kiba amanota 20 RSSB Tigers BBC itarabona na rimwe.

Mu minota itatu ya nyuma, RSSB Tigers yinjiye mu mukino itangira kugabanya ikinyuranyo binyuze mu bakinnyi barimo Teafale Lenard Jr na Leonard Craig Randall II.

Aka gace karangiye Petro de Luanda yatsinze RSSB Tigers BBC amanota 27-16.

Mu gace ka kabiri, RSSG Tigers yakomeje kugabanya ikinyuranyo ibifashijwemo na Leonard Craig Randall II watsindaga amanota menshi yinganjemo amanota atatu na Axel Mpoyo ndetse iyobora umukino n’amanota 37-35.

Igice cya mbere RSSB Tigers yayoboye umukino n’amanota 42 kuri 37 ya Petro de Luanda.

Mu gace ka gatatu, umukino watangiye wegeranye cyane amakipe yombi mu gutsinda amanota binyuze mu bakinnyi bayo barimo Abou Backar Pedro na Teafale Lenard Jr.

Mu minota itatu ya nyuma, RSSB Tigers yongereye ikinyuranyo cy’amanota ibifashijwemo na Antino Jackson na Mangok Mathiang kiba umunani (60-52).

Petro de Luanda yagerageje kugabanya ikinyuranyo binyuze mu bakinnyi barimo Rafael Putney na Childe Dundao ariko biranga.

Aka gace karangiye RSSB Tigers ikomeje kuyobora umukino n’amanota 61-59.

Mu gace ka nyuma, umukino watangiye wegeranye cyane amakipe yombi agendana mu gutsinda amanota. 

Mu minota itatu ya nyuma abafana bari muri BK Arena bazamuye umurindi RSSB Tigers yongereye ikinyuranyo cy’amanota binyuze kuri Oumar Ballo na Leonard Craig Randall II watsindaga amanota atatu gusa.

Umukino warangiye RSSB Tigers BBC yatsinze Petro de Luanda amanota 90-88, yandika amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye irushanwa rya Basketball Africa League (BAL) ryakinwaga ku nshuro ya gatandatu.

Umukinnyi mwiza w’irushanwa (MVP) yabaye Leonard Craig Randall II wa RSSB Tigers mu gihe mugenzi we bakinana Mathiang Mangos yabaye umwiza wugarira.

Umutoza mwiza w’Irushanwa yagizwe Henry Mwinuka wa RSSB Tigers BBC.

Umwanya wa gatatu wegukanywe na Al Ahly Benghazi yo muri Libya, nyuma yo gutsinda Al Ahly yo mu Misiri amanota 106-98.

Perezida Paul Kagame yari mu bakunzi ba Basketball bari muri BK Arena
BK Arena yari yuzuye abafana ibihumbi 10
Oumur Ballo mu bafashije RSSB Tigers kwitwara neza muri uyu mukino
Umukino watangiye nabi kuri RSSB Tigers BBC yari iwayo
Dundao yazonze cyane RSSB Tigers BBC
Umukino wa nyuma wa BAL 2026 wari ukomeye cyane
Craig Randall II yatsinze amanota atatu inshuro nyinshi
Oumar Ballo atera Dunk
Byari ibyishimo ku bakinnyi ba RSSB Tigers BBC nyuma yo kwegukana BAL 2026
Umuhanzi Olamide Gbenga Adedeji, uzwi ku izina rya Olamide wo muri Nigeria yasusurukije abakurikiye umukino wa nyuma wa BAL

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA