Ishyirahamwe ry’Umukino wo Koga mu Rwanda “RSF” ku bufatanye na Komite Olempike y’u Rwanda ku nkunga ya “Olympic Solidarity” binyuze muri gahunda yo gutegura abakinnyi bakiri bato “Youth Athlete Development Programme 2021-2024” habaye igikorwa cyo gutoranya abana bafite impano kurusha abandi mu mukino wo Koga ”Swimming”.
Aba bana bafite hagati y’imyaka 12 na 14 bakaba bagomba gukomeza gukurikiranwa kugira ngo bazaserukire u Rwanda mu mikino y’Afurika y’urubyiruko izabera muri Lesotho muri 2024 ndetse n’imikino Olempike y’urubyiruko izabera muri Senegal muri 2026.
Igikorwa cyo gutoranya abana bafite impano cyabereye muri Green Hills Academy i Nyarutarama taliki 10 Ukuboza 2022 ahari hitabiriye abana 96 baturutse mu makipe 8 ari yo Mako Sharks (Gasabo), Rwamagana SC, Les Daulphins SC (Gasabo), CS Karongi, VJN SC (Rubavu), CSK (Nyarugenge), Aqua Wave SC (Gasabo) na Rwesero SC (Gicumbi).
Aba bana nyuma yo kurushanwa mu byiciro bitandukanye, hatoranyijwe 30; abakobwa 16 n’abahungu 14.
Umunyamabanga Mukuru wa RSF, Bazatsinda James yatangaje ko bishimiye iki gikorwa kuko byerekanye ko hari impano mu gihugu hose mu mukino wo Koga icyari cyarabuze ari aho kwigaragariza.

Akomeza avuga ko nyuma gutoranya aba bana bagiye kubakurikirana bazamure urwego rwabo kugira ngo bazageze igihe cyo guserukira u Rwanda bahagaze neza bityo bazitware neza baheshe ishema igihugu.
Kajugiro Fidele Sebalinda ushinzwe iterambere rya Siporo muri Komite Olempike y’u Rwanda, yatangaje ko igikorwa cyagenze neza. Yakomeje avuga ko iki cyari icyiciro cya kabiri cy’amajonjora aho icya mbere cyabereye i Karongi ahatoranyijwe abana boga mu kiyaga.
Kajugiro yavuze ko bazakomeza gufatanya na RSF mu gukurikirana aba bana kandi bizera ko bizagera muri 2026 hari abakinnyi bashobora guhatana ku rwego mpuzamahanga.
Icyiciro cya mbere cyo gushaka abana bafite impano mu gusiganwa mu Biyaga “Open Water” cyabereye i Karongi taliki 22 Ukwakira 2022 ahatoranyijwe abana 2.


