Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 12 Gicurasi 2026, Perezida Yoweri Kaguta Museveni yarahiriye kongera kuyobora Uganda muri manda ye ya karindwi izamara imyaka itanu.
Ibirori byo kurahira kwe byabereye mu mbuga ya Kololo Ceremonial Grounds mu Murwa Mukuru Kampala aho byitabiriwe n’abaturage bagera ku bihumbi 40 n’Abakuru b’Ibihugu 35, ndetse n’Abayobozi 30 bo ku rwego rw’Abadipolomate n’abandi batandukanye.
Ni mu gihe Leta ya Uganda yatanze ikiruhuko mu gihugu hose mu rwego rwo kugira ngo abaturage bakurikirane uwo muhango.
Perezida Museveni w’imyaka 81 yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Mutarama uyu mwaka ku majwi 71,6% atsinze abandi bakandida barindwi bari bahanganye.
Nyuma y’uko Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga wa Uganda, Alphonse Owiny-Dollo arahije Perezida Museveni yamushyikirije ibirango by’Igihugu birimo; Itegeko Nshinga,Ibendera ry’Igihugu,Ibirango bya Gisirikare,Inkota,Indirimbo yubahiriza Igihugu n’ibindi.
Ni umuhango waranzwe n’imyiyereko itandukanye haba iya gisirikare ndetse n’umuco. Imyiyereko ya Gisirikare ni imwe mu banyuze imbaga y’abitabiriye; aho biyerekanye mu buryo butandukanye burimo akarasisi kagenda mu ngendo yoroheje n’iyihuta.
Ni umunsi kandi waranzwe no kwerekana intwaro aho hagaragajwe ibifaru, imodoka z’intambara n’imbunda nini.
Abasirikare bagaragaje ubuhanga mu myiyereko yo mu kirere bagendera mu mitaka, hagaragajwe indege z’intambara nka Sukhoi Su-30, MiG-21, na MiG-23, ndetse na kajugujugu z’intambara ziyerekanye mu kirere mu rwego rwo kugaragaza ubushobozi bw’ingabo zirwanira mu kirere.
Perezida Museveni yatangiye kuyobora Uganda mu 1986; ariko akaba yaratowe mu buryo rusange mu 1996 aho manda ya mbere yarangiye mu 2001, atorerwa iya kabiri mu 2001-2006, akomeza iya gatatu 2006 – 2011, iya kane 2011 – 2016, iya gatanu 2016 – 2021, iya gatandatu 2021 – 2026, mu gihe iya karindwi azayisoza 2031.





