Dr Nsengiyumva yahagarariye Perezida Kagame mu irahira rya Perezida Museveni
Politiki

Dr Nsengiyumva yahagarariye Perezida Kagame mu irahira rya Perezida Museveni

Imvaho Nshya

May 12, 2026

Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin yahagarariye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Repubulika ya Uganda, watangiye manda nshya y’imyaka itanu.

Uyu muhango wabereye mu mbuga ya Kololo Ceremonial Grounds mu Murwa Mukuru Kampala, kuri uyu wa kabiri, tariki ya 12 Gicurasi 2026, witabirwa n’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma ndetse n’abandi bayobozi batandukanye.

Perezida Museveni w’imyaka 81 yatsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Mutarama uyu mwaka ku majwi 71,6% atsinze abandi bakandida barindwi bari bahanganye.

Perezida Museveni yatangiye kuyobora Uganda mu 1986; ariko akaba yaratowe mu buryo rusange mu 1996 aho manda ya mbere yarangiye mu 2001, atorerwa iya kabiri mu 2001-2006, akomeza iya gatatu 2006–2011, iya kane 2011–2016, iya gatanu 2016–2021, iya gatandatu 2021–2026, mu gihe iya karindwi azayisoza mu 2031.

U Rwanda na Uganda byifatanya mu nzego zirimo umutekano n’ubucuruzi. Ku wa 22 Mata 2026, byagiranye amasezerano mashya y’ubufatanye mu guteza imbere urwego rw’ubuzima, ubuhinzi, uburezi n’imiyoborere mu nzego z’ibanze.

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen Muhoozi Kainerugaba, na we yitabiriye irahira rya Perezida Paul Kagame ryabaye ku wa 11 Kanama 2024.

Perezida Yoweri Kaguta Museveni yarahiriye kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi
Umuhango waranzwe n’imyiyereko idasanzwe y’Ingabo za Uganda (UPDF)
Umuhango wabereye mu mbuga ya Kololo Ceremonial Grounds mu Murwa Mukuru Kampala
Ministiri w’Intebe Dr. Nsengiyumva Justin yahagarariye Perezida Kagame mu irahira rya mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA