Kuri iki Cyumweru taliki 08 Gicurasi 2022 ni bwo hakinwa imikino y’umunsi wa nyuma w’irushanwa ry’Akarere ka 4 rihuza abana batarengeje imyaka 14 na 16. “ITF/ CAT East African Junior Team’s Championships for 14 & 16 & Under (AJTC)”.
Mbere y’imikino y’umunsi wa nyuma wa gatanu, taliki 07 Gicurasi 2022 habaye imikino y’umunsi wa 4 aho ikipe y’u Rwanda mu bakobwa batarengeje imyaka 16 yitwaye neza igatsinda Comoros imikino 3-0. Annabelle Mbayu yatsinze Saadi Maesha amaseti 2-0 (6-0 na 61) naho Tuyishime Rona atsinda Naira Moustoifa amaseti 2-0 (6-0 na 6-0).
Bakina ari babiri, Tuyishime Rona na Annabelle Mbayu batsinze Saadi Maesha na Naira Moustoifa, amaseti 2-0 (6-0 na 6-1).
Ku rundi ruhande muri iki cyiciro, ikipe ya Tanzania yatsinze u Burundi imikino 3-0 naho Kenya itsinda Uganda imikino 2-1.

Mu batarengeje imyaka 16 mu bahungu, mu mikino yabaye, u Burundi bwatsinze Uganda imikino 3-0 naho Tanzania itsinda Kenya imikino 3-0.
Mu batarengeje imyaka 14 mu bahungu, ikipe ya Kenya yatsinze u Burundi imikino 2-1 naho Uganda itsinda Tanzania imikino 3-0. Mu bakobwa, ikipe y’u Burundi yatsinze Tanzania imikino 3-0 naho Kenya itsinda u Rwanda imikino 3-0.

Uko amakipe akurikiranye nyuma y’umunsi wa 4
Mu batarengeje imyaka 16 mu bahungu, Kenya irayoboye n’amanota 4 inganya n’u Rwanda. Ku mwanya wa gatatu hari Tanzania ifite amanota 2, Uganda, Burundi zifite inota rimwe naho Comoros nta nota na rimwe ifite. Mu bakobwa, ikipe y’u Burundi irayoboye n’amanota 4 inganya n’u Rwanda, ku mwanya wa 3 hari Uganda ifite inota rimwe inganya na Kenya naho Tanzania ku mwanya wa 5 nta nota na rimwe ifite.
Mu cyiciro cy’abaterengeje imyaka 14 mu bahungu, Kenya irayoboye n’amanota 3, ikipe y’u Burundi ku mwanya wa kabiri n’amanota 2 inganya na Uganda iri ku mwanya wa 3, Tanzania iri ku mwanya wa 4 n’inota rimwe naho u Rwanda ruri ku mwanya wa 5 aho na nota na rimwe rufite.
Mu bakobwa, Kenya irayoboye n’amanota 3 inganya na Tanzania, u Burundi iri ku mwanya wa 3 n’amanota 2 naho u Rwanda ku mwanya wa 4 na Uganda ku mwanya wa 5 nta nota na riwe zifite.
Imikino ku munsi wa nyuma
Imikino y’umunsi wa nyuma iteganyijwe kuri iki Cyumweru taliki 08 Gicurasi 2022, mu bakobwa batarengeje imyaka 16, ikipe ya Kenya irakina n’u Rwanda, Uganda ikine n’u Burundi naho Tanzania ikine na Comoros.
Mu bahungu, ikipe ya Uganda irakina na Kenya naho ikipe y’u Rwanda ikine n’u Burundi.
Mu cyiciro cy’abatarengeje imyaka 14, mu bakobwa, Kenya irakina n’u Burundi , ikipe y’u Rwanda ikine na Uganda. Mu bahungu, Kenya irakina n’u Rwanda naho ikipe y’u Burundi ikine na Uganda.