APR FC yaguze abakinnyi babiri bashya
Siporo

APR FC yaguze abakinnyi babiri bashya

SHEMA IVAN

July 3, 2026

APR FC yatangaje ko yasinyishije abakinnyi babiri bashya barimo umunyezamu w’Umunya-Mozambique Ernan Siluane na Mamadou Traoré ukomoka muri Mali. Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 3 Nyakanga 2026, ni bwo Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yatangaje ko yasinyishije aba bakinnyi bashya izifashisha mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27.

Siluane w’imyaka 27 yakiniraga ‘Black Bulls’ kuva muri Mutarama 2024, akaba yarayigezemo avuye muri UD Songo na yo yo mu cyiciro cya mbere muri Mozambique. Yakiniye Ikipe y’Igihugu ya Mozambique mu marushanwa atandukanye arimo CAN yabereye muri Côte d’Ivoire mu 2023 no muri Maroc mu 2025 ndetse yakinnye CHAN yabereye muri Algeria mu 2023.

Undi wasinyiye iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu ni Mamadou Traoré ukina hagati mu kibuga, wari usanzwe ari Kapiteni w’Ikipe ya Stade Malien iri mu zikomeye muri Mali. Uyu Munya-Mali w’imyaka 27, akina mu kibuga hagati mu gice gisatira aho bamwe bita ku munani cyangwa ku 10.

Muri uyu mwaka w’imikino, Mamadou Traoré yafashije Stade Malien kugera muri ¼ cya CAF Champions League, ariko basezererwa na Mamelodi Sundwons yegukanye irushanwa. Muri iri rushanwa, yakinnyemo imikino 11, atsinda igitego kimwe anatanga indi mipira itatu yavuyemo ibitego kuri bagenzi be.

Aba bakinnyi biyongereye bandi bashya barimo Uwiyaremye Fidali, Rubuguza Jean Pierre, Ishimwe Christian na Amani Kouadiokan Michel Breygeneve.

Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yegukanye ‘BK Pro League’ n’Igikombe cy’Amahoro mu mwaka ushize wa 2025/26, yatangiye imyitozo yitegura amarushanwa mpuzamahanga arimo ‘CECAFA Kagame Cup’ rizabera mu Rwanda, ndetse na ‘CAF Champions League’.

Mamadou Traoré yatangajwe nk’umukinnyi mushya wa APR FC
Ernan Siluane yasinyiye APR FC amasezerano y’imyaka ibiri
Col (Rtd) Vincent Mugisha na Ernan Siluane bamaze gushyira umukono ku masezerano

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA