Taliki 06-03-2022
REG BBC- AS Salé
Taliki 09-03-2022
REG BBC-SLAC
Taliki 11-03-2022
DUC-REG BBC
Taliki 14-03-2022
REG BBC-US Monastir
Taliki 15-03-2022
Ferroviário da Beira-REG BBC
Ikipe ya REG BBC kuri uyu wa Kane taliki 24 Gashyantare 2022 yerekeje i Dakar muri Senegal aho igiye kwitabira imikino y’amajonjora y’irushanwa ry’Afurika ry’amakipe yatwaye ibikombe iwayo mu mukino wa Basketball mu bagabo “Africa Basketball League 2022”, imikino izaba kuva taliki 05 kugeza 15 Werurwe 2022.
Iri rushanwa ryatangiye gukinwa mu buryo bushya muri 2021 ku bufatanye bw’ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Afurika “FIBA-Afrique” na NBA. Nk’uko byagenze muri 2021, irushanwa ry’uyu mwaka “BAL 2022” rizitabirwa n’ikipe 12 aho zamaze gushyirwa mu matsinda abiri.
Itsinda rya mbere “Sahara Conference” rigizwe n’ikipe ya US Monastir (Tunisia) yakinnye umukino wa nyuma muri BAL 2021, AS Salé (Maroc), SLAC (Guinea), DUC (Senegal), Ferroviário da Beira (Mozambique) na REG BBC (Rwanda).
Ikipe ya REG BBC izaba ihagarariye u Rwanda izatangira ikina na AS Salé taliki 06 Werurwe 2022. Taliki 09 Werurwe 2022 , REG BBC izakina na SLAC, taliki 11 Werurwe 2022 ikine na DUC, taliki 14 Werurwe 2022 ikine na US Monastir hanyuma taliki 15 Werurwe ikine na Ferroviário da Beira. Izi kipe zizakina hagati yazo hanyuma ikipe 4 za mbere zikomeze muri ¼.
Itsinda rya kabiri “Nile Conference” rigizwe n’ikipe ya Zamalek (Misiri) ifite igikombe giheruka (2021), BC Espoir Fukash (RDC), Cape Town Tigers (South Africa), Cobra SC (South Sudan), FAP (Cameroun) na Petro de Luanda (Angola) aho rizakinira i Cairo mu Misiri muri Hassan Mostafa Indoor Sports Complex kuva taliki 9 kugeza 19 Mata 2022. Aha na ho ikipe zizakina hagati yazo, ikipe 4 za mbere zikomeze muri ¼.
Izi kipe uko ari 8 zizahurira i Kigali mu Rwanda aho imikino ya ¼, ½ n’umukino wa nyuma bizabera muri Kigali Arena kuva taliki 21 kugeza 28 Gicurasi 2022.
REG BBC yihaye intego yo kwitwara neza
Perezida wa REG BBC, Murindabigwi Francis atangaza ko biteguye neza kandi intego bihaye ari ukwitwara neza bakazaba aba mbere mu itsinda kuko kuba uwa mbere byazatuma mu cyiciro cya nyuma biborohera kuko bahura n’ikipe idakomeye cyane.

Murindabigwi avuga ko bagerageje kubaka ikipe bazana abakinnyi bashya ndetse n’umutoza ufite ubunararibonye, Robert John Pack wabaye umukinnyi ubu akaba ari umutoza muri NBA. Uyu mutoza azafatanya na Mwinuka Henry wari usanzwe ari umutoza mukuru na Mwiseneza Maxime Marius nk’umutoza wungirije.

Kami Kabange, umwe mu bakinnyi ba REG BBC agaragaza ko batangiye kwitegura kare aho babonye ubufasha bw’abakinnyi bashya ndetse n’umutoza igisigaye ari ukugenda bakitwara neza.

Perezida wa REG BBC, Murindabigwi arasaba Abanyarwanda aho bari hose gushyigikira iyi kipe kuko ubu ihagarariye igihugu. Ati : “Abanyarwanda aho bari hose turabasaba gushyigikira ikipe yabo, abari mu gihugu bayishyigikire n’aba hariya muri Senegal bazaze badushyigikire ubundi nitugera i Kigali turabasa ngo bazaze badushyigikire twiteguye kuzitware neza.”
Abakinnyi REG BBC izifashisha
Ikipe ya REG BBC hari abakinnyi yahagurukanye mu Rwanda baziyongeraho abari mu ikipe y’igihugu na yo iri muri Senegal mu mikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2023.
Abakinnyi iyi kipe izifashisha barimo Kami Kabange, Niyonkuru Pascal, Muhizi Prince, Ikishatse Herve, Cleveland Joseph Thomas Jr. , Antony Walker, Adonis Jovon Filer, Pitchou Manga, Nshobozwabyosenumukiza Jean Jacques Wilson, Ndizeye Ndayisaba Dieudonné, Shyaka Olivier, Kaje Elie, Habimana Ntore, Pierre Thierry Vandriessche, Gasana Kenneth na Mpoyo Axel.
Imikino ya BAL 2021 ubwo yabaga ku nshuro ya mbere yose yabereye mu Rwanda muri Gicurasi 2021 aho ikipe ya Zamalek BBC yo mu Misiri yegukanye igikombe itsinze US Monastir yo muri Tunisia amanota 76 kuri 63. Ikipe ya Patriots BBC yari ihagarariye u Rwanda yasoreje ku mwanya wa 4.