Basketball: Kigali Titans BBC yegukanye shampiyona y’icyiciro cya kabiri

Warning: Undefined array key 1 in /home/imvahonshyaco/public_html/m/wp-content/themes/imvaho/single.php on line 23

Warning: Attempt to read property "cat_name" on null in /home/imvahonshyaco/public_html/m/wp-content/themes/imvaho/single.php on line 23

Basketball: Kigali Titans BBC yegukanye shampiyona y’icyiciro cya kabiri

Imvaho Nshya

July 23, 2022

Taliki 22-07-2022

Kigali Titans 73-70 Orion BBC

Taliki 23-07-2022

Orion BBC 64-65 Kigali Titans

Ikipe ya Kigali Titans BBC yegukanye shampiyona  y’icyiciro cya kabiri mu bagabo  yari ikinwe ku nshuro  ya mbere  nyuma yo gutsinda ikipe ya Orion BBC imikino 2-0.

Nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya ½ , ikipe ya Kigali Titans BBC na Orion BBC zabonye itike yo kuzakina shampiyona y’icyiciro cya  mbere umwaka utaha w’imikino  wa 2022-2023.

Aya makipe  ariko nubwo yazamutse mu cyiciro cya mbere yagombaga kwisobanura kugira ngo hamenyekane ikipe yegukana igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya kabiri umwaka wa 2021-2022.

Ikipe ya Kigali Titans BBC  yegukanye igikombe itsinze Orion BBC imikino 2-0. Umukino wa mbere wabaye taliki 22 Nyakanga 2022, ikipe ya Kigali Titans BBC yatsinze Orion BBC amanota 73 kuri 70 naho umukino wa kabiri wabaye taliki 23 Nyakanga 2022, ikipe ya Kigali Titans BBC itsinda Orion BBC nanone amanota 65 kuri 64. Iyi mikino yombi yabereye muri BK Arena.

Ubwo Kigali Titans yakinaga na Orion BBC mu mukino wa kabiri

Iyi yari inshuro ya 4, ikipe ya Kigali Titans itsinze Orion BBC kuko no muri Gashyantare 2022 ubwo habaga imikino ibanziriza shampiyona y’icyiciro cya kabiri,  Kigali Titans yatsinze Orion BBC mu mukino wo mu itsinda  amanota 71 kuri 60 yongera no kuyitsinda ku mukino wa nyuma amanota 70 kuri 61.

Ikipe ya Kigali Titans BBC yashyikirijwe igikombe  ndetse na sheki ya miliyoni 3 y’amafaranga y’u Rwanda  naho ikipe ya Orion BBC ihabwa miliyoni 2.

Kigali Titans BBC
Orion BBC

Eli Cave ukinira ikipe ya Kigali Titans BBC  ni we wahawe igihembo cy’umukinnyi witwaye neza « MVP»  aho mu mikino ibiri ya nyuma yatsinze amanota 50 agarura imipira 31 itageze mu nkangara  « Rebounds » anatanga imipira 7 yavuyemo amanota « Assists ».

Eli Cave wahawe igihembo cy’umukinnyi witwaye neza « MVP»

Ikipe ya Kigali Titans BBC isoje shampiyona y’icyiciro cya kabiri idatsinzwe yageze ku mukino wa nyuma isezereye Flame BBC muri ½ ku mikino 2-0 (81 kuri 40  na  85 kuri 42) naho ikipe ya  Orion BBC isezerera Intare BBC iyitsinze imikino 2-0 (77 kuri 52 na  70 kuri 43).

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA