Taliki 22-07-2022
Kigali Titans 73-70 Orion BBC
Taliki 23-07-2022
Orion BBC 64-65 Kigali Titans
Ikipe ya Kigali Titans BBC yegukanye shampiyona y’icyiciro cya kabiri mu bagabo yari ikinwe ku nshuro ya mbere nyuma yo gutsinda ikipe ya Orion BBC imikino 2-0.
Nyuma yo kwitwara neza mu mikino ya ½ , ikipe ya Kigali Titans BBC na Orion BBC zabonye itike yo kuzakina shampiyona y’icyiciro cya mbere umwaka utaha w’imikino wa 2022-2023.
Aya makipe ariko nubwo yazamutse mu cyiciro cya mbere yagombaga kwisobanura kugira ngo hamenyekane ikipe yegukana igikombe cya shampiyona y’icyiciro cya kabiri umwaka wa 2021-2022.
Ikipe ya Kigali Titans BBC yegukanye igikombe itsinze Orion BBC imikino 2-0. Umukino wa mbere wabaye taliki 22 Nyakanga 2022, ikipe ya Kigali Titans BBC yatsinze Orion BBC amanota 73 kuri 70 naho umukino wa kabiri wabaye taliki 23 Nyakanga 2022, ikipe ya Kigali Titans BBC itsinda Orion BBC nanone amanota 65 kuri 64. Iyi mikino yombi yabereye muri BK Arena.

Iyi yari inshuro ya 4, ikipe ya Kigali Titans itsinze Orion BBC kuko no muri Gashyantare 2022 ubwo habaga imikino ibanziriza shampiyona y’icyiciro cya kabiri, Kigali Titans yatsinze Orion BBC mu mukino wo mu itsinda amanota 71 kuri 60 yongera no kuyitsinda ku mukino wa nyuma amanota 70 kuri 61.
Ikipe ya Kigali Titans BBC yashyikirijwe igikombe ndetse na sheki ya miliyoni 3 y’amafaranga y’u Rwanda naho ikipe ya Orion BBC ihabwa miliyoni 2.


Eli Cave ukinira ikipe ya Kigali Titans BBC ni we wahawe igihembo cy’umukinnyi witwaye neza « MVP» aho mu mikino ibiri ya nyuma yatsinze amanota 50 agarura imipira 31 itageze mu nkangara « Rebounds » anatanga imipira 7 yavuyemo amanota « Assists ».

Ikipe ya Kigali Titans BBC isoje shampiyona y’icyiciro cya kabiri idatsinzwe yageze ku mukino wa nyuma isezereye Flame BBC muri ½ ku mikino 2-0 (81 kuri 40 na 85 kuri 42) naho ikipe ya Orion BBC isezerera Intare BBC iyitsinze imikino 2-0 (77 kuri 52 na 70 kuri 43).