Carlos Manuel Brito Leal de Queiroz watoje Portugal na Real Madrid, yagizwe umutoza mukuru w’Ikipe y’Igihugu ya Ghana, yitegura Igikombe cy’Isi cya 2026.
Ku wa Mbere, tariki ya 13 Mata 2026, ni bwo Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Ghana, ryatangaje ko Ikipe y’igihugu ya Black Stars yahawe umutoza mushya.
Ikipe y’Igihugu ya Ghana yari imaze idafite umutoza nyuma yo gutandukana na Nana Otto Addo kubera umusururo mubi.
Carlos Queiroz w’imyaka 73, yatoje amakipe akomeye arimo Portugal yafashije kurenza amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2010, Afurika y’Epfo yahesheje itike y’Igikombe cy’Isi cya 2002, na Iran yajyanye mu Gikombe cy’Isi mu 2014 na 2018.
Andi makipe y’ibihugu ni Misiri, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Colombia, Oman, u Buyapani na Qatar.
Uretse amakipe y’ibihugu yatoje andi makipe arimo Sporting CP yo muri Portugal, NY/NJ MetroStars yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Real Madrid yo muri Espagne na Manchester United yo mu Bwongereza yabayemo umwungiriza wa Sir Alex Ferguson.
Iri rushanwa rizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada na Mexique riteganyijwe kuva tariki ya 11 Kamena kugeza ku ya 19 Nyakanga 2026. Ghana yashyizwe mu itsinda L hamwe n’u Bwongereza, Panama na Croatia.
