Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique, Col. (Rtd.) Donat Ndamage, yasabye Abanyarwanda by’umwihariko urubyiruko kumenya amateka mabi ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kugira ngo birinde urwango n’amacakubiri bimakaze ubumwe. Ni ubutumwa yagarutseho ku wa 12 Mata 2026, ubwo Abanyarwanda baba muri Mozambique n’inshuti zabo bibukaga ku nshuro ya 32 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ni umuhango witabiriwe n’abasaga 400, utangirira ku cyicaro cya Ambasade y’u Rwanda muri Mozambique, witabirwa n’abayobozi batandukanye muri icyo gihugu barimo Minisitiri ushinzwe abahoze ari abarwanyi muri Mozambique Madamu Nyeleti Brooke Mondlane, n’abo ku rwego Mpuzamahanga banashyira indabo ahateganyijwe mu rwego kwibuka no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Amb. Col (Rtd) Donat Ndamage yasabye urubyiruko kwanga urwango n’amacakubiri ndetse bakimakaza umuco w’amahoro n’indangagaciro z’Umunyarwanda. Ihuriro ry’Abanyarwanda baba muri Mozambique,(RCA) ryagaragaje ubukana Jenoside yakorewe Abatutsi mi 1994, yakoraynwe bwatumye abarenga miliyoni bicwa mu minsi 100.
Umuyobozi wa RCA muri Mozambique, Nsengimana Justin yashimgangiye ko urubyiruko rugomba kwigishwa ayo mateka ya Jenoside kugira ngo itazongera kubaho ndetse ashimira Ingabo za FPR Inkotanyi zayihagaritse.
Yagize ati: ”Jenoside yakorewe Abatutsi yakoranywe ubukana bwinshi kuko hishwe abarenga miliyoni mu minsi 100 gusa, kandi bicwa n’abari inshuti zabo n’abaturanyi. Tugomba kwigisha urubyiruko ububi bwa Jenoside kugira ngo ibi ntibizongere kubaho.”
Umuhuzabikorwa w’Umuryango w’Abibumbye muri Mozambique, Dr Gatarina Sozi yashimangiye ko amahanga agomba gukora ibishoboka Isi ntizongere kugwirirwa n’amahano nk’ayagwiriye u Rwanda. Yashimye ibyo u Rwanda rwagezeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, cyane cyane ubumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda.
Ni umunsi kandi waranzwe n’ibikorwa bitandukanye birimo ubuhamya bwatanzwe na Ndabarasa Theophile warokotse Jenoside ubwo yari afite imyaka 10, hakaba hanerekanywe filime isobanura uko Jenoside yateguwe igashyirwa mu bikorwa n’ibindi.






