Umunya-Misiri Dr. Mosaad Elaiuty wari Umutoza w’amakipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Volleyball y’Abafite Ubumuga, yasezeye ku mirimo ye mu gihe habura amezi atatu ngo amakipe yombi yitabire Shampiyona y’Isi izabera i Hangzhou mu Bushinwa guhera tariki 10-17 Nyakanga 2026.
Ni amakuru yemejwe na Perezida wa Komite y’Igihugu y’Imikino y’Abafite Ubumuga mu Rwanda (NPC Rwanda), Bizimana Dominique mu kiganiro kigufi yagiranye na Imvaho Nshya kuri uyu wa Kabiri, 14 Mata 2026.
Yagize ati: “Ni byo koko yamaze kwandika ibaruwa asezera ku akazi avuga ko ari impamvu ze bwite zatumye afata icyo cyemezo.”
Abajijwe ikigiye gukurikiraho, Bizimana yavuze ko abatoza bari bamungrijwe bakomeza kwitegura iyi mikino mu gihe hagishakishwa igisubizo.
Ati: “Ntabwo Ikipe y’Igihugu yahagarara kubera umuntu umwe, ntabwo ari kampara. Yari afite abamwungirije, barakomeza akazi.”
Dr. Mosaad Elaiuty wari wongereye amasezerano y’imyaka ibiri mu 2025, yatozaga u Rwanda ku nshuro ya gatatu kuva mu 2023, mu gihe inshuro ebyiri zibanza byari hagati ya 2019 na 2022.
Asize u Rwanda ku mwanya wa mbere muri Afurika muri Sitting Volleyball y’abagore n’uwa kabiri mu bagabo inyuma ya Misiri. Ku Isi, ni urwa munani mu bagore, naho mu bagabo ni urwa 16.
