Casemiro ashobora kwerekeza muri Inter Miami muri iyi mpeshyi
Siporo

Casemiro ashobora kwerekeza muri Inter Miami muri iyi mpeshyi

MICOMYIZA Fidele

May 21, 2026

Carlos Henrique Casimiro (Casemiro) ukomoka muri Brazil, akaba akinira ikipe ya Manchester United yo mu Bwongereza, ashobora kwerekeza muri Inter Miami FC aho amasezerano bamaze kuyemeranyaho hasigaye gushyiraho umukono gusa.

Muri iyi mpeshyi amasezerano ya Casemiro muri Manchester United yo mu 2022 azaba arangiye bityo biteganyijwe ko yakwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika muri Inter Miami asanzeyo rurangiranwa Lionel Messi.

Ni amasezerano biteganyijwe ko azasinywa muri Kamena cyane ko muri Mutarama uyu mugabo w’imyaka 34 yari yatangaje ko atazongera amasezerano muri Man U ahubwo azerekeza mu yindi kipe.

Casemiro yatangiriye ruhago muri São Paulo FC y’iwabo muri Brazil afite imyaka icumi nyuma yo kwitwara neza yerekeza muri Real Madrid muri 2013, 2014 yerekeza muri FC Porto nk’intizanyo 2015 agaruka i Madrid, ubu akaba yakiniraga Manchester United yagezemo mu mwaka wa 2022. Mu gihe aya masezerano yaba ashyizweho umukono azaba ari bumare igihe cy’imyaka 3.

Casemiro ashobora kwerekeza i Miami mu gihe cy’imyaka 3
Mu gihe amasezerano yashyirwaho umukono yaba asanzeyo Lionel Messi

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA