Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryatangaje ko urukingo rw’icyorezo cya Ebola rushobora kuzafata amezi icyenda kugira ngo ruboneke. Umujyanama wa OMS, Dr Vasee Moorthy ku wa 20 Gicurasi 2026, yatangaje ko hari inkingo ebyiri ziri kugeragezwa zishobora kurwanya virusi ya ‘Bundibugyo’ ari na yo itera ubu bwoko bushya bwa Ebola, ariko nta na rumwe muri zo rwari rwageragerezwa ku bantu.
Umuyobozi wa OMS, Dr Tedros Adhanom Ghebreyesus yavuze ko hamaze kuboneka abantu 600 bakekwaho kuba baranduye Ebola muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo na Uganda, ikaba imaze kwica 139 ariko imibare ishobora kwiyongera bitewe n’uburyo iri gukwira vuba.
BBC yatangaje ko Dr Tedros aganira n’abanyamakuru i Geneve mu Busuwisi yavuze ko icyo cyorezo cyongeye kuboneka mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, aho ku ikubitiro abantu 51 bahise bagaragara ko bacyanduye ku wa 15 Gicurasi 2026, umunsi ukurikiye haboneka abandi babiri muri Uganda.
Mu mpera z’icyumweru gishize OMS yatangaje ko Ebola ari icyorezo gihangayikishije ubuzima rusange ku rwego mpuzamahanga, ariko itaraba icyorezo gikaze. Mu bantu babiri bemejwe ko banduye i Kampala muri Uganda, bose bari baturutse muri RDC ndetse umwe muri bo yarapfuye.
Dr Tedros yongeyeho ko mu bapfuye harimo n’abakozi bo mu rwego rw’ubuzima kandi ubukana buri hejuru cyane agira ati: ”Tuzi ko ubukana bw’iki cyorezo muri DRC buri hejuru cyane, kandi bamwe mu bapfuye harimo abakozi bo mu rwego rw’ubuzima.”
Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP byatangaje ko hari amwe mu mavuriro afite umubare munini w’abakekwaho kuba baranduye Ebola urenze ubushobozi bw’abarwayi bagomba kwakira mu gihe Ubwami bw’u Bwongereza bwatangaje ko bwatanze miliyoni 20 z’amapawundi mu rwego rwo guhangana n’icyo cyorezo.
