Malawi 165-91 Mali
Kenya 237-70 Lesotho
Rwanda 159-97 Malawi
Saint Helena 125-123 Seychelles
Taliki 22-11-2022
Botswana-Mali (Gahanga-9h30)
Lesotho-Saint Helena (IPRC Kigali-9h30)
Malawi-Seychelles (Gahanga-13h45)
Mali- Saint Helena (IPRC Kigali-13h45)
Nyuma y’imikino y’umunsi wa 4 yabaye kuri uyu wa Mbere taliki 21 Ugushyingo 2022, ikipe ya Kenya yitwaye neza itsinda ikipe ya Lesotho bituma ihita iyobora urutonde by’agateganyo mu irushanwa ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi ku rwego rw’Afurika mu bagabo « ICC Men’s T20 World Cup Sub Regional Africa Qualifier Group A 2022 » rikomeje kubera mu Rwanda kuva taliki 17 Ugushyingo 2022.
Mu mikino yabaye, ikipe ya Kenya yatsinze Lesotho ku kinyuranyo cy’amanota 167. Iyi kipe ni yo yatangiye ikubita agapira ishaka amanota “Batting” maze mu dupira 120 (20 Overs) ikora amanota 237 mu gihe abakinnyi 5 ari bo basohowe mu kibuga (5 Wickets).
Ikipe ya Lesotho yasabwaga amanota 238 na yo yatangiye gukubita agapira ishaka amanota “Batting” ubwo yari imaze gukora amanota 70 mu dupira 90 (15.2 Overs) abakinnyi 10 basohowe mu kibuga (10 Wickets).



Ikipe ya Kenya yahise yegukana intsinzi ku kinyuranyo cy’amanota 167. Iyi kipe yahise inayobora urutonde by’agateganyo n’amanota 8 kuko uyu wari umukino wa gatatu itsinze nyuma yo gutsinda ikipe y’u Rwanda na Mali mu mikino y’umunsi wa 3 yabaye ku Cyumweru taliki 20 Ugushyingo 2022. Muri rusange ikipe ya Kenya imaze gukina imikino 5, imikino ibiri ya mbere yanganyije na Saint Helena ndetse na Malawi.
Ikipe y’u Rwanda yatsinze Malawi
Ikipe y’u Rwanda mu mikino y’umunsi wa kane yitwaye neza itsinda ikipe ya Malawi. Muri uyu mukino wabereye kuri Sitade Mpuzamahanga ya Gahanga, ikipe y’u Rwanda ni yo yabanje gukubita agapira ishaka amanota “Batting” maze mu dupira 120 (20 Overs) ikora amanota 159.
Mu gice cya kabiri, ikipe ya Malawi yasabwaga gutsinda amanota 160 ngo yegukane intsinzi yatangiye gukubita agapira ishaka amanota “Batting” maze ubwo yari imaze gukora amanota 97 mu dupira 101 imvura yahagaritse umukino ariko hakurikijwe uburyo umukino wagendaga n’amanota ikipe ya Malawi yari ifite hemezwa ko ikipe y’u Rwanda yegukanye intsinzi ku kinyuranyo cy’amanota 61.





Muri uyu mukino, Niyitanga Wilson ni we witwaye neza aho yakoze amanota 46 mu dupira 32.

Iyi kipe y’u Rwanda ni umukino wa gatatu yari itsinze muri 4 imaze gukina. Iyi kipe yatsinze Botswana, Saint Helena na Malawi itsindwa na Kenya.
Mu yindi mikino yabaye, ikipe ya Saint Helena yatsinze Seychelles naho ikipe ya Malawi itsinda Mali.


Nyuma y’imikino y’umunsi wa 4, ikipe ya Kenya ni yo iyoboye urutonde n’amanota 8, ikurikiwe n’u Rwanda n’amanota 6, ku mwanya wa 3 hari Malawi n’amanota 5, Lesotho iri mwanya wa 4 n’amanota 4, Botswana ku mwanya wa 5 n’amanota 3, Saint Helena ku mwanya wa 6 n’amanota 3, Seychelles ku mwanya wa 7 n’amanota 2 naho ku mwanya wa nyuma wa 8 hari Mali n’inota 1.

Gahunda y’imikino y’umunsi wa gatanu
Kuri uyu wa Kabiri taliki 22 Ugushyingo 2022, imikino yo gushaka itike y’igikombe cy’Isi izakomeza aho igeze ku munsi wa 5. Mu mikino iteganyijwe, ikipe ya Botswana irakina na Mali i Gahanga (9h30), Lesotho ikine na Saint Helena muri IPRC Kigali (9h30), Malawi ikine na Seychelles i Gahanga (13h45) naho Mali ikine na Saint Helena muri IPRC Kigali (13h45). Ikipe y’u Rwanda nta mukino ifite izaba yaruhutse.
