Cricket: Minisitiri Munyangaju yashimiye ikipe y’u Rwanda yakoze amateka  (Amafoto)

Warning: Undefined array key 1 in /home/imvahonshyaco/public_html/m/wp-content/themes/imvaho/single.php on line 23

Warning: Attempt to read property "cat_name" on null in /home/imvahonshyaco/public_html/m/wp-content/themes/imvaho/single.php on line 23

Cricket: Minisitiri Munyangaju yashimiye ikipe y’u Rwanda yakoze amateka  (Amafoto)

Imvaho Nshya

September 16, 2022

Nyuma yo kwegukana igikombe cy’Afurika no kubona itike y’igikombe cy’Isi, ikipe y’u Rwanda mu bakobwa batarengeje imyaka 19 mu mukino wa Cricket, ku wa Kane taliki 15 Nzeri 2022 yakiriwe na Minisitiri wa Siporo mu Rwanda “MINISPORTS”, Munyangaju Aurore Mimosa.

Iyi kipe y’u Rwanda yitwaye neza itsinda ku mukino wa nyuma ikipe ya Tanzania mu mikino y’Afurika yo gushaka itike “ICC U-19 Women’s T20 World Cup Africa Qualifiers 2022” yabereye  i Gaborone muri Botswana kuva taliki 03 kugeza 12 Nzeri 2022.

Ikipe y’u Rwanda ikaba yarahise yandika amateka  yo kubona itike y’igikombe cy’Isi kizabera muri Afurika y’Epfo muri  Mutarama 2023  “ ICC U-19 Women’s T20 World Cup 2023”.

Mu gitondo cyo ku wa Gatatu taliki 14 Nzeri 2022 ni bwo ikipe y’u Rwanda n’abari bayiherekeje bageze i Kigali batambagiza igikombe mu bice bitandukanye  by’Umujyi wa Kigali  basoreza i Gahanga kuri Sitade Mpuzamahanga ya Cricket.

Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda, Ishimwe Gisele yatangaje ko ashimira ababashyigikiye bose kugira ngo babashe kwitwara neza.  Yakomeje avuga ko ubu babasaba kubashyigikira birenze uko byari bisanzwe kuko bagiye kwitabira irushanwa rikomeye.

Kapiteni w’ikipe y’u Rwanda, Ishimwe Gisele

Kapiteni Ishimwe yavuze ko bagiye kongera imbaraga mu kwitegura bakagira ibyo bongera  ndetse n’amakosa bakoze bakayakosora kugira ngo bazitware neza.

Umutoza mukuru w’ikipe y’u Rwanda, Leonard  Nhamburo ujyanye ku nshuro ya gatatu ikipe mu gikombe cy’Isi nyuma ya Zimbabwe na Namibia. Agaruka  ku myiteguro y’ikipe yagize ati : “Dufite amezi atatu gusa,  tugiye kwicara  dutegure uburyo  tugiye gukora mu rwego rwo kwitegura, turashaka kuza mu makipe 6 kugira ngo ubutaha  tuzajye tubona itike y’igikombe cy’Isi bitanyuze mu mikino y’Afurika  yo gushaka itike.”

Umutoza mukuru w’ikipe y’u Rwanda, Leonard  Nhamburo

Uyu mutoza asaba ko ikipe ishyigikirwa ku buryo bwose bushoboka kuko imikino y’igikombe cy’Isi iri ku rundi rwego.  Ati: “Turifuza  ko twazagirira umwiherero wenda hanze y’u Rwanda  tukajya nko muri Afurika y’Epfo ahazabera irushanwa kare tukamenyera ikirere tukanakina imikino yo kwitegura n’amakipe akomeye  kugira ngo turebe aho duhagaze.”

Ikipe y’u Rwanda izakina n’u Bwongereza, Pakistan na Zimbabwe. Umutoza Leonard  Nhamburo yatangaje ko aya makipe yose akomeye ariko bagiye kureba uko akina kandi bizeye ko bazitwara neza.

Umuyobozi  ushinzwe ibikorwa mu ishyirahamwe ry’umukino wa  Cricket mu Rwanda “RCA”, Byiringiro Emmanuel  yatangaje ko bagiye gukomeza gushyira ingufu mu gutegura ikipe kugira ngo izitware neza. Aha akaba yarasabye MINISPORTS kubashyigikira.

Minisitiri wa Siporo, Munyangaju Aurore Mimosa ubwo yakiraga  iyi kipe y’u Rwanda yabashimiye uko bitwaye bahesha ishema igihugu  ndetse anabasaba gukomereza aho.

MINISPORTS kandi ikaba yemeye ubufasha kugira ngo iyi kipe yitegure neza kuzaserukira u Rwanda mu mikino y’igikombe cy’Isi izabera muri Afurika y’Epfo muri Mutarama 2023.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA