Ubusanzwe ku wa Gatandatu wa nyuma w’ukwezi ni umunsi wahariwe igikorwa cy’umuganda rusange aho abaturage mu byiciro bitandukanye bifatanya bagakora ibikorwa binyuranye birimo isuku, gusibura imirwanyasuri n’ibindi.
Ku wa Gatandatu taliki 27 Kanama 2022, abitabiriye imikino y’Afurika mu batarengeje imyaka 20 mu mukino wa Handball yabeye mu Rwanda kuva taliki 20 Kanama 2022 “U-20 African Men’s Handball Championship Rwanda 2022” bifatanyije n’abaturage bo mu Murenge wa Gikondo, Akagari ka Kagunga, Umudugudu wa Rebero mu gikorwa cy’umuganda rusange ahakozwe isuku ndetse no gusibura imirwanyasuri.
Muri iki gikorwa hari abari bahagarariye amwe mu makipe yitabiriye iyi mikino y’Afurika barimo u Rwanda, Tunisia, Congo Brazzaville na Angola.
Hari kandi abayobozi b’amashyirahamwe y’umukino wa Handball muri Afurika barimo Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Handball mu Rwanda “FERWAHAND”, Twahirwa Alfred.

Mu bandi bayobozi bari bitabiriye iki gikorwa hari Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, Umutesi Solange, Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali wungirije Ushinzwe Imiturire n’Ibikorwaremezo, Dr Mpabwanamaguru Merard n’abandi batandukanye bo mu Murenge wa Gikondo.

Dr Mpabwanamaguru mu butumwa yageneye abaturage nyuma y’umuganda rusange harimo kubibutsa akamaro k’isuku na gahunda nziza za Leta zitandukanye zigamije imibereho myiza n’iterambere ry’abatugare nk’ubwisungane mu kwivuza n’ibindi.

Ubuyobozi bwa FERWAHAND bwemereye umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza abaturage 200 batuye mu Murenge wa Gikondo.













