Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko agiye guhagarika Ikinyamakuru, Al Jazeera, mu guhitisha ibiganiro mu gihugu cye kubera ibikorwa byacyo by’iterabwoba.
Iri hagarikwa rya Aljazeera Netanyahu yaritangaje abinyujije ku rukuta rwe rwa “X” aho yavuze ko iki kinyamakuru ari umuyoboro w’iterabwoba.
Ati: “Uwo muyoboro w’iterabwoba, Aljazeera, ntuzongera gukorerera muri Isiraheli. Niteguye kuwuhagarika biciye mu itegeko rishya rihagarika ibyo bikorwa.”
Ikinyamakuru Ijwi ry’Amerika cyatangaje ko ibi yabivuze mu gihe ejo hashize ku wa Mbere hateranye inama y’abagize Inteko Ishinga amategeko yatoye itegeko ryemerera Leta guhagarika ibitangazamakuru Mpuzamahanga bibangamiye umutekano w’igihugu.
Iryo tegeko ryatowe ku majwi 70%, rikaba riha Minisitiri w’Intebe ububasha bwo guhagarika ibitangazamakuru bikorera muri Isiraheli mu gihe biri kubangamira umutekano w’igihugu.
Gusa ibiro bya Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Amerika byatangaje ko uyu mugambi wa Netanyahu uteye inkeke.