AFC-M23 yamaganye ibihano ivugwamo Amerika yafatiye kompanyi z’amabuye y’agaciro
Mu Mahanga

AFC-M23 yamaganye ibihano ivugwamo Amerika yafatiye kompanyi z’amabuye y’agaciro

Imvaho Nshya

July 2, 2026

Umutwe w’inyeshyamba wa AFC-M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) wamaganye ibihano uvuga ko bibogamye aho Amerika yabifatiye kompanyi enye z’amabuye y’agaciro z’u Rwanda n’abazikuriye babiri.

Amerika ishinja iryo tsinda gukorana na M23 muri magendu y’amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, riyakura mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo riyajyana mu Rwanda, amafaranga avuyemo M23 ikayagura intwaro no kwishyura abarwanyi bayo.

Mu itangazo umuvugizi wa M23 Lawrence Kanyuka yasohoye mu ijoro ryo ku wa Gatatu, yagize ati: “Ifatwa ry’ibihano rirarobanura, mu gihe ibiganiro by’amahoro bigikomeje, ritanga ubutumwa budatanga umusaruro kandi nta musanzu na mucye bitanga mu kugera ku mahoro arambye.”

Kanyuka yinubiye kuba nta bihano Amerika yafatiwe ubutegetsi bwa DRC n’ingabo z’icyo gihugu. Yavuze ko yemeranya n’Amerika ku ngingo ijyanye n’uko umutungo wa DRC ugomba gukorera mbere na mbere inyungu z’Abanye-Congo.

AFC-M23 ivuga ko umutungo kamere wa DRC mwinshi cyane, urimo n’amabuye y’agaciro, ukomeje kungukirwamo n’abantu bacye bakomeye bari ku butegetsi i Kinshasa, mu gihe abaturage benshi bakomeje kubaho mu bucyene n’umutekano mucye.

Muri iki cyumweru, mu kiganiro yagiranye na Televiziyo France 24, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Olivier Nduhungirehe, na we yamaganye ibyo bihano by’Amerika avuga ko birenganya u Rwanda, bireba uruhande rumwe kandi ko bidatanga umusaruro.

M23 ivuga ko Kinshasa ikomeje kwishuka ko igisubizo cya gisirikare gishobora kurangiza iyi intambara, ikavuga ko igisubizo kitari mu kotsa igitutu cya politiki ahubwo ko kiri mu nzira ya politiki idaheza kandi yo kuvugisha ukuri, isuzuma impamvu-muzi z’ikibazo.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA