Taliki 25 Werurwe 2023, habaye inama y’ishyirahamwe ry’umukino wo Koga mu Rwanda “RSF” yari igamije gushyiraho za Komisiyo zitandukanye zirimo iy’abakinnyi, iy’ubuvuzi ndetse n’ishinzwe gutegura amarushanwa.
Mu Kuboza 2022, mu nama y’ishyirahamwe ry’umukino wo Koga ku Isi “World Aquatic” hemejwe ko buri shyirahamwe ry’umukino wo Koga rigomba gushyiraho Komisiyo y’abakinnyi “Athletes Commission” kugira ngo na bo bajye bagira ijambo mu bikorwa byose ndetse n’ubuvugizi.
Komisiyo y’abakinnyi muri RSF yatowe igizwe na Tuyisenge Yves (Perezida), Ishimwe Heritier (Visi Perezida), Kamana Thian (Umunyamabanga), Kirezi Epaphrodite na Irakunda Isihaka “Bebeto” (Abajyanama).

Nyuma yo gutorerwa kuyobora Komisiyo y’abakinnyi, Tuyisenge Yves ukinira ikipe ya Vision JN SC y’i Rubavu yatangaje ko kuba iyi Komisiyo itabagaho hari byinshi abakinnyi bahombaga birimo n’ubuvugizi mu byemezo bafatirwa.

Yakomeje asaba abakinnyi kujya begera iyi Komisiyo bakagaragaza imbogamizi n’ibibazo bafite hanyuma na bo babigeze ku buyobozi bwa RSF kugira ngo bibonerwe igisubizo.
Komisiyo ishinzwe gutegura amarushanwa
Iyi Komisiyo ifite inshingano yo gutegura amarushanwa atandukanye haba mu Biyaga “Open Water” ndetse no muri Pisine “Swimming Pool”.
Abagize iyi Komisiyo ni Kamanzi Jean d’Amour (Perezida), Mutesi Djamilla (Visi Perezida), Umurerwa Mediatrice (Umunyamabanga), Mukunzi Emmanuel (Umujyanama), Niyomugabo Jackson (Ushinzwe ibijyanye na Tekinike, akaba n’Umujyanama) na Murangira Bosco (Ushinzwe abasifuzi).

Komisiyo y’ubuvuzi
Iyi Komisiyo ishinzwe by’umwihariko gukurikiranira hafi ubuzima bw’abakinnyi ndetse no kureba ko hari abakoresha imiti yongera ingufu.
Abagize iyi Komisiyo ni Dr. Kwihangana Prosper (Perezida), Dr. Zimurinda Alain (Visi Perezida), Niyomugabo Jean Claude (Umunyamabanga), Mpawenimana Ismael na Rusamaza Alphonse (Abajyanama).

Nyuma y’iki gikorwa, Perezida wa RSF, Girimbabazi Rugabira Pamela yatangaje ko ari ibyo kwishimira kuba babashije gushyiraho izi Komisiyo kuko hari hashize igihe babifite muri gahunda bikaba bigiye kubafasha mu iterambere ry’umukino muri rusange.

Yasabye kandi abatorewe kujya muri izi Komisiyo gukoresha imbaraga bakagira n’ubwitange kugira ngo umukino wo Koga utere imbere.
Girimbabazi yasabye by’umwihariko abagore batowe gukoresha imbaraga bakangurira abandi kwitabira uyu mukino kuko ari umukino mwiza kandi wateza imbere uwukina.

