Ku Cyumweru taliki ya 23 Ukwakira 2022 mu Karere ka Muhanga habereye imikino y’amajonjora yo gutoranya abakinnyi bazahagararira Intara y’Amajyepfo muri shampiyona y’igihugu “National Kung Fu Wushu Championship 2022”.
Iyi mikino y’amajonjora yitabiriwe n’ikipe imwe ya Muhanga naho ikipe y’inkambi ya Kiziba ntiyabasha kwitabira. Muri rusange hitabiriye abakinnyi 18 mu cyiciro cy’abagabo.
Nyuma y’amajonjora,abakinnyi 6 ni bwo batoranyijwe kuzitabira imikino ya nyuma ya shampiyona y’igihugu.
Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Kung Fu Wushu mu Rwanda “RKWF”, Uwiragiye Marc yatangaje ko imikino yagenze neza gusa hitabiriye ikipe ya Muhanga gusa kuko ikipe ya Kiziba itabashije kuboneka.

Yakomeje agaragaza ko uku kuzenguruka Intara zose bakoresha amarushanwa y’amajonjora yo gushaka abazakina shampiyona y’igihugu byaberetse ko uyu mukino abantu bawukunze kuko bitabira ku bwinshi yaba urubyiruko ndetse n’abantu bakuru.
Ati: “Biraduha icyizere ko mu myaka iri imbere umukino uzaba uri ku rwego rwiza.”
Amajonjora ya shampiyona y’igihugu azasorezwa mu Ntara y’Amajyaruguru i Musanze muri Sitade Ubworoherane , taliki 30 Ukwakira 2022.











