Umunyarwanda Masengesho Vainqueur yegukanye umwanya wa kabiri mu Irushanwa ryo Gusiganwa ku Magare rya Tour d’Algérie, ryasojwe ku Cyumweru tariki ya 26 Mata 2026.
Iri rushanwa ry’iminsi 10 ryatwawe n’Umunya-Indonesia Dimas Nur Fadhil Rizqi ukinira Jakarta Pro Cycling Team, wasize Masengesho amasegonda 19.
Tour d’Algérie y’uyu mwaka yari igizwe n’uduce 10, yari yitabiriwe n’abakinnyi 105 bagize amakipe 18 arimo atatu y’ibihugu ari yo Team Rwanda, Ikipe y’Igihugu ya Tunisia n’iya Oman.
Ku rutonde rusange, Rizqi Dismas yakoresheje amasaha 26 n’amasegonda 28 ku ntera y’ibilometero 1282, naho Masengesho Vainqueur akoresha amasaha 26 n’amasegonda icyenda.
Abandi Banyarwanda bitabiriye iri siganwa ni Ntirenganya Moïse wabaye uwa 23, Ufitimana Shadrack wa 27, Uhiriwe Espoir wa 40, Twagirayezu Didier wa 47 na Nshutiraguma Kevin wa 55. Ni mu gihe abakinnyi 82 ari bo basoje isiganwa ryose.
Muri iri rushanwa riri ku rwego rwa 2,2 u Rwanda rwaherukaga kwitabira mu 2024, kuri iyi nshuro rwari rwifashishije abakinnyi bari munsi y’imyaka 23 uretse Masengesho Vainqueur ufite imyaka 24.

