Rugby: Lion de Fer RFC yatangiye imikino yo kwishyura yitwara neza

Warning: Undefined array key 1 in /home/imvahonshyaco/public_html/m/wp-content/themes/imvaho/single.php on line 23

Warning: Attempt to read property "cat_name" on null in /home/imvahonshyaco/public_html/m/wp-content/themes/imvaho/single.php on line 23

Rugby: Lion de Fer RFC yatangiye imikino yo kwishyura yitwara neza

Imvaho Nshya

February 15, 2023

Kigali Sharks RFC 17-12 Resilience RFC

Lions de Fer RFC 24-21 Thousand Hills RFC

Kamonyi Puma RFC 07-117 Muhanga Thunders

Taliki 11 na 12 Gashyantare 2023 ni bwo hasubukuwe  shampiyona ya Rugby “Rwanda Rugby League Season 2022-2023” mu cyiciro cy’abakina  ari 15 “15 Aside” mu bagabo.

Mu mikino yabaye, ikipe ya Lion de Fer RFC yari yasoje imikino ibanza  iyoboye urutonde yasubukuye iyi mikino yo kwishyura yitwara neza aho yatsinze ikipe ya Thousand Hills RFC zihora zihanganye.

Uyu mukino wabereye ku kibuga cya Croix Rouge ku Kacyiru taliki 11 Gashyantare 2023 aho warangiye Lion de Fer RFC itsinze Thousand Hills RFC  amanota 24 kuri 21.

Nyuma y’uyu mukino, umutoza mukuru w’ikipe ya Lion de Fer RFC, Kamali Vicent  yavuze ko iyi ntsinzi ivuze byinshi  anahamya ko ubu igikombe batangiye kugikozaho imitwe y’intoki kuko  batsinze ikipe ijya ibagora kandi akaba ari na yo bahanganiye igikombe.

Umutoza mukuru w’ikipe ya Lion de Fer RFC, Kamali Vicent 

Muhire Yvan, umutoza wungirije wa Thousand Hills RFC yatangaje ko baje muri uyu mukino bashaka intsinzi ariko  amahirwe ntiyabasekera.

Yakomeje avuga ko kuba Lion de Fer RFC ibatsinze mu mukino wo kwishyura ikaba yari yanabatsinze mu mukino ubanza bitavuze ko bavuye ku gikombe ahubwo asaba abakunzi b’iyi kipe  gukomeza kuyiba hafi kuko bagifite amahirwe.

Muhire Yvan, umutoza wungirije wa Thousand Hills RFC

Undi mukino wabaye, ikipe ya Kigali Sharks RFC yatsinze Resilience RFC amanota 17 kuri 12.

Taliki 12 Gashyantare 2023 habaye umukino umwe aho ikipe ya Kamonyi Puma RFC yatsindiwe iwayo na Muhanga Thunders amanota 117 kuri 07. Iyi kipe ya Kamonyi Puma RFC  ikaba nta mukino n’umwe irabasha gutsinda.

Perezida w’ishyirahamwe ry’umukino wa Rugby mu Rwanda “RRF”, Kamanda Tharcisse  yagaragaje ko imikino y’umunsi wa mbere yo kwishyura yatangiranye ishyaka ryo ku rwego rwo hejuru, by’umwihariko umukino wahuje ikipe ya Lion de Fer RFC  na Thousand Hills RF  aho byerekanye ko umukino wa Rugby mu Rwanda umaze kugera ku rwego rwo hejuru.

Perezida wa RRF, Kamanda Tharcisse

Nyuma y’imikino y’umunsi wa gatandatu wa shampiyona, ikipe ya  Lion de Fer RFC ikomeje kuyobora  urutonde n’amanota 25, Thousand Hills RFC ku mwanya wa kabiri n’amanota 17, Kigali Sharks RFC (14) , Muhanga Thunders RFC (13), Resilience RFC (08) na Kamonyi Puma RFC ku mwanya wa nyuma wa 6 aho nta nota na rimwe ifite.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA