Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko dosiye ya Eric Semuhungu yashyikirijwe Ubushinjacyaha ku wa 14 Mata 2026, aho akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gushyira ahagararaga amashusho yerekeranye n’imikoreshereje y’ibitsina ndetse no gukangisha gusebanya.
Ni amakuru yemejwe n’Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry mu kiganiro yagiranye na Radio 10 kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 15 Mata 2026. Icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato giteganywa n’ingingo ya 134 y’itegeko nimero 68/2018 ryo ku wa 30 Kanama 2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Uwahamijwe n’urukiko iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 10, ariko kitarenze imyaka 15 n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 1 Frw ariko itarenze miliyoni 2Frw.
Icyaha cyo gushyira ahagaragara amashusho yerekeranye n’imikoreshereze y’ibitsina hakoreshejwe mudasobwa cyangwa urusobe rwa mudasobwa giteganywa n’ingingo ya 34 y’itegeko ryerekeye gukumira no guhana ibyaha bikoreshejwe ikoranabuhanga. Uhamijwe n’urukiko iki cyaha ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itatu ariko kitari hejuru y’imyaka itanu, n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 1 Frw ariko itarenze miliyoni 3Frw.
Eric Semuhungu yatawe muri yombi ku wa 9 Mata 2026, ahita ajya gucumbikirwa kuri sitasiyo ya RIB ya Kimironko.