Ikipe ya Police FC yatangaje Umunya-Maroc Ryker Jaafar nk’Umutoza Mukuru wayo aho agiye gusimbura Ben Moussa wirukanywe kubera umusaruro mubi.
Kuri uyu wa 21 Nyakanga 2026, ni bwo iyi kipe yahaye ikaze uyu mutoza ugiye kuyifasha mu myiteguro y’umwaka utaha w’imikino wa 2026/27.
Uyu mutoza w’imyaka 54 azungirizwa na Bakkali Tahiri Mostafa na we ukomoka muri Espagne.
Ni umutoza ufite impamyabumenyi ya UEFA Pro, akaba yarabaye umutoza wa Renaissance Zemamra, ltthihad Tanger na Branes SC zombi zo muri Maroc.
Police FC itarahiriwe n’umwaka ushize w’imikino wa 2025/26 ikomeje kwiyubaka aho yasinyishije abakinnyi bashya barimo Moussa Limane, Keffa Tangara, Mzungu Japhet na Iddrisu Shaibu b’abanymahanga na Rushema Chris, Byishimo Valua na Rugwiro Kevin.
Ni mu gihe yongereye amasezerano ya Nsabimana Eric ‘Zidane’, Iradukunda Simeon, Niyongira Patience na David Chimezie.


