Team Rwanda yerekeje muri ‘Tour d’Algérie’
Siporo

Team Rwanda yerekeje muri ‘Tour d’Algérie’

SHEMA IVAN

April 15, 2026

Ikipe y’u Rwanda yo gusiganwa ku magare yahagurutse mu Rwanda yerekeza mu isiganwa rya ‘Tour d’Algérie’ yaherukagamo mu 2024.

Mbere yo guhaguruka mu Rwanda, ku mugoroba wo ku wa Kabiri, tariki ya 14 Mata, yashyikirijwe ibendera ry’igihugu n’Umunyamabanga Mukuru wa FERWACY, Ruyonza Arlette ari kumwe n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’iri Shyirahamwe, Mugabe David.

Ikipe y’Igihugu yatoranyijwe n’Umutoza Sempoma Félix igizwe n’abakinnyi batandatu barimo Masengesho Vainqueur, Ufitimana Shadrack, Uhiriwe Espoir, Twagirayezu Didier, Nshutiraguma Kevin na Ntirenganya Moïse.

Masengesho ni we mukinnyi w’Umunyarwanda wari witwaye neza ubwo u Rwanda rwaherukaga kwitabira iri rushanwa ryo muri Algérie mu 2024. Icyo gihe yabaye uwa cyenda ku rutonde rusange.

Tour d’Algérie izatangira tariki 17-26 Mata 2026 aho izitabirwa n’amakipe 20 arimo Tarteletto-Isorex (u Bubiligi), Cyklotym Havířov -Tirana (Repubulika ya Tchèque), Embrace the World CT (u Budage), Energus Cycling Team (Lithuania), Tshenologo Pro Cycling Team (Afurika y’Epfo) n’amakipe y’ibihugu ya Tunisia na Oman.

Isiganwa ry’umwaka rigizwe n’ibilometero 1282.

Abakinnyi batandatu bagiye guhagararira u Rwanda
Team Rwanda yashyikirijwe ibendera ry’igihugu mbere yo kwerekeza muri Algeria

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA