Kuva taliki 09 kugeza 15 Gicurasi 2022, ishyirahamwe ry’umukino wa Tennis mu Rwanda “RTF” ryateguye irushanwa ryo Kwibuka ku nshuro ya 28, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 “Tennis-Genocide Memorial Tournament 2022”, ribera ku bibuga bya Tennis muri IPRC Kigali ku Kicukiro.
Iri rushanwa ryari ryitabiriwe n’abakinnyi bari mu byiciro bitandukanye birimo, abatarabigize umwuga (Amateurs), ababigize umwuga (Professionals) ndetse n’abantu bafite ubumuga (Wheelchair Tennis).
Abagera ku 120, bitabiriye iri rushanwa mu byiciro byombi, abagabo n’abagore, baturutse mu makipe atandukanye arimo Amahoro TC, Cercle Sportif de Butare, Nyanza TC, Ibirunga TC, Nyarutarama TC, Kanombe TC, CIMERWA TC, Cercle Sportif de Kigali TC na Ecology TC.
Abakinnyi bitwaye neza mu byiciro bitandukanye
Mu babigize umwuga, Niyigena Etienne mu bagabo na Umulisa Joselyne mu bagore ni bo bitwaye neza begukana iri rushanwa.
Niyigena Etienne yegukanye igikombe atsinze Uwizeyimana Mathieu ku mukino wa nyuma, amaseti 2-0 ( 6-0 na 6-4) naho Umulisa Joselyne mu bagore yatsinze Ingabire Meghane ku mukino wa nyuma amaseti 2-0 (6-2 na 6-3).

Aba bahize abandi muri iki cyiciro, buri umwe yahawe igikombe giherekejwe n’ibahasha y’amafaranga ibihumbi 70 y’u Rwanda.
Mu batarabigize umwuga, mu bagabo, Bahati Theoneste ni we wegukanye igikombe atsinze Kayitare Serge.
Mu bakina ari babiri, ikipe ya M. Islon na N. Damien yegukanye umwanya wa mbere itsinze ikipe ya Kayija na Joseph Bizimana.
Mu batarabigize umwuga bakina ari babiri, ikipe ya Karekezi Jean na Kayitare Serge yegukanye igikombe itsinze ikipe ya Bahati Theoneste na Rutagemwa Donat.
Mu cyiciro cy’abantu bafite ubumuga “Wheelchair Tennis Professionals”, mu bagabo, Ndayishimiye Ernest yegukanye igikombe naho Dusengimana Jean Luc yegukana umwanya wa kabiri. Mu bagore, Imanishimwe Yvonne yegukanye igikombe atsinze ku mukino wa nyuma Mutesi Faith.

Visi Perezida wa RTF, Rutiyomba Eustache wari ukuriye iri rushanwa yavuze ko muri rusange ryagenze neza kuko abakinnyi ba Tennis bitabiriye ku bwinshi ndetse ko n’ikirere cyabaye cyiza nta mvura yaguye ngo ibarogoye.
Yakomeje avuga ko impamvu nyamukuru y’iri rushanwa yari ukwibuka abari abakinnyi ba Tennis, abakunzi bayo n’abandi muri rusange bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Amazina y’abakinnyi ba Tennis bibukwa
Muri iri rushanwa ry’uyu mwaka wa 2022, hibukwaga by’umwihariko abahoze ari abakinnyi b’umukino wa Tennis bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Aba ni Kanyamahanga Gaston, Nyamunyura Samuel, Havugimana Emmanuel, Gatera Vincent (Club de Butare), Rubangura François, Kwitonda Theogene, Ruzindana (CSK TC), Rutahira Vedaste (Hotel Umubano TC), Rutayisire Fidele, Bayingana J. De Dieu na Ruzindana (Remera TC).
