Kuva mu mwaka wa 2016 hatangijwe ishyirahamwe mpuzamahanga ry’umupira w’amaguru mu bakanyujijeho « Fédération Internationale de Football Vétéran (FIFVE) » mu rwego rwo gukomeza gushyigikira iterambere n’urukundo rw’umupira w’amaguru.
Kuri uyu wa Gatanu taliki 06 Gicurasi 2022, FIFVE yasinye amasezerano y’ubutafanye n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda « FERWAFA » mu rwego rwo gutegura imikino y’igikombe cy’Isi cy’amakipe y’abakanyujijeho « Veteran Club World Championship 2024 ». Umuhango wabereye ku cyicaro cya FERWAFA i Remera.
Iyi mikino y’igikombe cy’Isi igiye kuba ku nshuro ya mbere izabera i Kigali mu Rwanda muri Nyakanga 2024.
Aya masezerano y’ubufatanye yashyizweho umukono na Perezida wa FERWAFA, Nizeyimana Mugabo Olivier na Perezida wa FIFVE, Fred Siewe akaba yari kumwe n’abandi bakanyujijeho nka Patrick Mboma wakiniye ikipe y’igihugu ya Cameroun ubu akaba ari ambasaderi wa FIFVE.

Perezida wa FIFVE, Fred Siewe yatangaje ko iri rushanwa rizakinwa mu minsi 10, rizahuriza hamwe muri Kigali abanyabigwi batandukanye, abakanyujijeho, abakunzi b’umupira w’amaguru n’abandi bantu mu nzego zitandukanye.
Akomeza avuga ko iki gikorwa ari intangiriro y’ibihe bishya mu mupira w’amaguru ku Isi kuko muri iri rushanwa azaba ari umwanya mwiza wo kwerekana ko ishyaka n’urukundo by’umupira w’amaguru bidahagarara ahubwo bihiduka. Ati : “Uyu munsi twese hamwe twatangiye kubaka umusingi w’amateka akomeye.”

Patrick Mboma yishimiye iki gikorwa atangaza ko mu buzima bwe bwose haba ubwo yakinaga nk’uwabigize umwuga na nyuma yo guhagarika yagiye abona ibikorwa byinshi aho abakanyujijeho bahamagariwe kugira uruhare muri gahunda zitandukanye ariko ubu ari ubwa mbere agiye mu mushinga w’igihe kirekire nk’uyu kandi yizera ko abakanyujijeho bose ku Isi bazagaragara muri iki gikorwa.

Muri iri rushanwa ry’abakanyujijeho ku rwego rw’Isi, abantu bazasangira ku byiza b’umupira w’amaguru birimo ubuvandimwe, kubahana n’amahirwe yo kwiteza imbere. Usibye amarushanwa y’umupira w’amaguru, hazabaho gahunda guteza imbere ibikorwa by’imibereho, gukora ihuriro ry’ishoramari mu bukungu no gusura ahantu nyaburanga mu gihugu cy’u Rwanda.
Perezida wa FIFVE, Fred Siewe n’abo bazanye mbere yo gusoza uruzinduko rwabo mu Rwanda, kuri uyu wa Gatandatu, taliki 07 Gicurasi 2022 basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, ku Gisozi mu rwego rwo kunamira no guha icyubahiro abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.