Bayern Munchen yatsinze Real Madrid ibitego 4-3 ikomeza muri ½ cya UEFA Champions League ku giteranyo cy’ibitego 6-4 naho Arsenal inganya na Sporting CP ubusa ku busa, iyisezerera ku giteranyo cy’igitego 1-0.
Iyi mikino isoza iyo kwishyura ya ¼ yakinnwe mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 15 Mata 2026.
Umukino wari witezwe cyane wabereye kuri Allianz Arena, Bayern Munchen yo mu Budage yari yakiriye Real Madrid yo muri Espagne, aho umukino ubanza yatsinze ibitego 2-1.
Real Madrid ni yo yatangiye neza umukino bidatsinze nyuma y’amasegonda 45 yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Arda Güler mupira watanzwe nabi n’umunyezamu Manuel Neuer mu kibuga hagati, ahita awushyira mu izamu.
Nyuma y’iminota itanu, Bayern Munchen yabonye igitego cyo kwishyura cyinjijwe na Aleksandar Pavlović n’umutwe ku mupira wavuye muri koruneri yatewe na Joshua Kimmich.
Mu minota 20, iyi kipe yari mu rugo yakomeje gukina neza ishaka igitego cya kabiri ariko ubwugarizi bwa Real Madrid bukomeza kwihagararaho.
Ku munota wa 29, Arda Güler yatsindiye Real Madrid igitego cya kabiri kuri Coup-Franc nziza yateye hanze y’uburuga rw’amahina, umupira uruhukira mu rushundura.
Nyuma yo gutsindwa igitego, Bayern Munchen yongeye gusatira bidatsinze ku munota wa 38’ Harry Kane atsinda igitego cya kabiri ku mupira Dayot Upamecano yakucomekeye akawushyira mu izamu.
Ku munota wa 42, Kylian Mbappé yatsindiye Real Madrid igitego cya gatatu ku mupira yahawe na Vinicius Junior, akawushyira mu izamu.
Uyu rutahizamu w’u Bufaransa yujuje
igitego cya 70 muri UEFA Champions League.
Igice cya mbere cyarangiye Real Madrid itsinze Bayern Munchen ibitego 3-2.
Mu igice cya kabiri, umukino watangiye wegeranye cyane, umupira ukinirwa cyane hagati mu kibuga bituma n’uburyo bwo kurema igitego buba buke ku mpande zombi.
Ku munota wa 54, Kylian Mbappé yahushije igitego cyabazwe ku mupira yateye ari mu rubuga rw’amahina, ukurwamo neza n’umunyezamu Manuel Neuer.
Mu minota 70, amakipe yombi yasatiranye cyane bashaka igitego cyari gutuma bagira icyizere cyo kujya mu cyiciro gikurikiyeho.
Ku munota wa 86, Real Madrid yasigaye ari abakinnyi 10 nyuma yaho
Eduard Camaving yeretswe ikarita y’umuhondo ya kabiri bikamuviramo itukura asohorwa mu kibuga.
Ku munota wa 89, Luiz Diaz yatsindiye Bayern Munchen igitego cya gatatu ku ishoti rikomeye yatereye hanze y’uburuga rw’amahina, umupira uruhukira mu rushundura.
Mbere y’uko umukino urangira igihe cyongeweho iminota ine, Michael Olise atsinndamo igitego cya kane cyahesheje intsinzi Bayern Muchen, ikomeza ku giteranyo cy’ibitego 6-4.
Mu wundi mukino wabereye kuri Emirates Stadium, Arsenal yanganyije na Sporting CP ubusa ku busa, iyisezerera ku giteranyo cy’igitego 1-0.
Muri ½, Arsenal izahura na Atletico Madrid naho Paris Saint Germain izakina na Bayern Munchen.
Imikino ibanza iteganyijwe tariki ya 28 n’iya 29 Mata, mu gihe iyo kwishyura iri tariki ya 5 na 6 Gicurasi 2026.




