Taliki 04 na 05 Werurwe 2023 i Huye habereye irushanwa ry’umukino wa Volleyball ryo kwibuka Padiri Kayumba Emmanuel wari umuyobozi wa GSO Butare wapfuye muri Gashyantare 2009 akaba yaragize uruhare mu guteza imbere umukino wa Volleyball mu Rwanda.
Iri rushanwa ryari ribaye ku nshuro ya 13 ryegukanwe n’ikipe ya ForeFront VC mu bagabo n’abagore.
Mu makipe y’icyiciro cya mbere mu bagabo hari hitabiriye amakipe 5 aho yari mu matsinda abiri. Itsinda A ryari ririmo REG VC na Gisagara VC naho itsinda B ririmo ForeFront VC, UR Nyarugenge na UR CAVM.
Nyuma y’imikino y’amajonjora, ikipe ya REG VC na ForeFront VC zahuriye ku mukino wa nyuma maze ikipe ya ForeFront VC yitwara neza itsinda amaseti 3-1 (24-26, 25-22, 25-22 na 25-19).


Ikipe ya Gisagara VC ni yo yegukanye umwanya wa gatatu itsinze UR Nyarugenge.

Mu bagore hari amakipe 6 yari mu matsinda abiri. Itsinda A ryari ririmo RRA VC, Ruhango VC na ForeFront VC naho itsinda B ririmo IPRC Kigali, IPRC Huye na Gisagara VB Academy.
Ikipe ya ForeFont VC yitwaye neza itsinda ku mukino wa nyuma ikipe ya RRA VC amaseti 3-2 (25-23, 24-26, 25-15, 13-25 na 16-14).



Ikipe ya IPRC Kigali ni yo yegukanye umwanya wa gatatu itsinze IPRC Huye.

Mu makipe yo mu cyiciro cya kabiri mu bahungu, hari hitabiriye amakipe 11 aho yari agabanyije mu matsinda 4, itsinda A ryari ririmo Christ Roi na Nyanza TSS. Itsinda B ryari ririmo PSVF, St Ignace na Ste Marie Reine. Itsinda C ryari rigizwe na GSOB, ES Byimana na GS Marie Merci naho itsinda D ririmo Gisagara VB Academy GS St Joseph na Gitisi TSS.
Muri iki cyiciro, ikipe ya GS St Joseph Kabgayi yegukanye igikombe itsinze ku mukino wa nyuma ikipe ya Nyanza TSS amaseti 3-2.




Ikipe ya GSOB yegukanye umwanya wa gatatu itsinze PSVF amaseti 3-1.

Mu makipe y’abiga mu cyiciro rusange “O”Level hari amakipe 8 ari yo GSOB, PSVF, Christ Roi, ES Byimana, Regina Pacis, ES Kigoma, Gisagara VB Academy na GS Mugombwa.
Muri iki cyiciro, GS Mugombwa yegukanye igikombe itsinze ku mukino wa nyuma PSVF amaseti 3-2.


Muri iri rushanwa kandi hanakinnye abakanyujijeho “Veterans”, Umucyo Club yegukanye igikombe itsinze Tout Age amaseti 3-2.

Uretse umukino wa Volleyball hanabaye irushanwa mu Koga “Swimming”.


Iyi mikino yari yitabiriwe n’abayobozi batandukanye barimo Dr. Mbarushimana Nelson, umuyobozi wa REB, Meya w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange n’abandi batandukanye barimo n’abari bahagarariye abize muri GSOB.


Kugira ngo iri rushanwa ribe, GSOB ifite abafatanyabikorwa batandukanye barimo ikigo cy’ubwishingizi mu Rwanda, Sanlam cyatangiye gutera inkunga iri rushanwa kuva muri 2012.

Mu bandi baterankunga harimo UTB, CARAES Huye, Volcano Ltd, CAVB Zone 5, Akarere ka Huye, Twyford, Galileo Hotel, RIM, RICH na Horizon Express.
Umuyobozi wa GSOB, Padiri Hakizimana Charles yatangaje ko muri rusange imikino yagenze neza ashimira amakipe yitabiriye ndetse n’abo bafatanyije bose kugira ngo iri rushanwa ribe kandi rigende neza.

Ubwo iri rushanwa riheruka muri 2022 ryari ryegukanywe n’ikipe ya APR VC mu bagabo, RRA VC mu bagore na Christ Roi mu cyiciro cya kabiri “Serie B”.