Banamwana Camarade yagizwe Umutoza mushya wa Sunrise FC 
Siporo

Banamwana Camarade yagizwe Umutoza mushya wa Sunrise FC 

SHEMA IVAN

June 10, 2026

Sunrise FC iherutse kongera kuzamuka mu Cyiciro cya Mbere cya Shampiyona y’u Rwanda, yatangaje ko Banamwana Camarade ari we uzayitoza mu mwaka utaha w’imikino wa 2026/27. Iyi kipe yabitangaje mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Kamena 2026, binyuze ku mbuga nkoranyambaga zayo.

Banamwana Camarade yari asanzwe ari umutoza wa Bugesera FC aho mwaka ushize w’imikino yayifashije gusoreza ku mwanya wa cyenda n’amanota 44. 

Ubuyobozi bwa Bugesera FC bwari bwifuje gukomezanya n’uyu mutoza, ariko byarangiye agiye gufatanya n’ikipe yo mu Akarere ka Nyagatare muri shampiyona y’u Rwanda iteganyijwe gutangira tariki ya 4 Nzeri 2026, igasozwa ku wa 30 Gicurasi 2027. 

Uretse Bugesera FC yatoje andi makipe atandukanye arimo Gicumbi FC, Kiyovu Sports, Vision FC, Etoile de l’Est FC n’andi. Sunrise FC yaherukaga mu cyiciro cya mbere mu mwaka w’imikino wa 2023/24.

Banamwana Camarade yasinye amasezerano y’umwaka umwe muri Sunrise FC

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA