Bidasubirwaho hemejwe ko hazatangwa ibikombe bibiri muri Shampiyona 2025/26
Amakuru

Bidasubirwaho hemejwe ko hazatangwa ibikombe bibiri muri Shampiyona 2025/26

SHEMA IVAN

May 12, 2026

Urwego rutegura Shampiyona y’Icyiciro cya mbere mu Mupira w’Amaguru mu Rwanda (Rwanda Premier League) rwemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri uyu mwaka w’imikino wa 2025/26. Bikubiye mu itangazo uru rwego rwashyize hanze mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 12 Gicurasi 2026.

Yagize iti: “Rwanda Premier League iramenyesha abakunzi b’umupira w’amaguru, amakipe n’abafatanyabikorwa ko nk’uko byari byatangajwe mu kiganiro na FERWAFA na RPL byagiranye n’abanyamakuru bamurikirwa gahunda yo kwakira amakipe yo muri Sudani muri Shampiyona yacu muri uyu mwaka w’imikino hazatangwa ibikombe bibiri.”

Yongeyeho ko ikipe yo muri Sudani izasoreza ku mwanya wa mbere izahabwa igikombe kimwe cya ‘BK Pro League Champions 2025/26’ n’ikipe yahize izindi. Ariko aya makipe y’abashyitsi ntabwo azahabwa ibihembo by’amafaranga byagenewe amakipe yitwaye neza.”

Yakomeje ivuga ko izatanga ikindi gikombe [BK Pro League National Champions] kizahabwa ikipe yahize izindi mu zo mu Rwanda ndetse ni yo izaruhagararira muri CAF Champions League ya 2026/27.

Al-Hilal SC yo muri Sudani ku kigero cya 99% ni yo izasoreza ku mwanya wa mbere kuri ubu ifite amanota 70, irusha amanota 12 Al-Merrikh ya gatatu mu gihe zombi zisigaje imikino ine irimo uzazihuza.

Ku rundi ruhande APR FC yizeye kwegukana Shampiyona nk’ikipe yo mu Rwanda aho irusha Rayon Sports amanota umunani, ndetse ikeneye amanota abiri mu mikino itatu zombi zisigaje.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA