Niyonkuru Samuel mu bagabo na Nzayisenga Valentine mu bagore begukanye Shampiyona y’Igihugu y’Amagare ya 2026 mu gusiganwa mu muhanda (Road Race).
Kuri iki Cyumweru, tariki 28 Kamena 2026, ni bwo hakinwe umunsi wa kabiri w’iri rushanwa ritegurwa n’Ishyirahamwe ry’Umukino w’Amagare mu Rwanda (FERWACY), nyuma yaho ku wa Gatandatu, Mwamikazi Jazilla mu bagore na Niyonkuru Samuel mu bagabo, bombi bahize abandi mu gusiganwa n’igihe buri muntu ku giti cye.
Abakinnyi barushanwe mu cyiciro cy’abagabo, cy’abatarengeje imyaka 23 na ‘juniors’ (ingimbi zitarengeje imyaka 19). Hari kandi n’icyiciro cy’abagore (abakuru n’abatarengeje imyaka 19).
Ku munsi wa kabiri w’iri siganwa, abakinnyi bahagurukiye muri Santere ya Batsinda, banyura i Shyorongi, kuri Base, i Gicumbi, mu Rukomo na Nyacyonga mbere yo gusoreza i Batsinda ku ntera y’ibilometero 158 mu cyiciro cy’abagabo n’abatarengeje imyaka 23.
Abagore n’ingimbi bakina intera y’ibilometero 115 byatangiriye ku Kirenge, banyura kuri Base, i Gicumbi, Rukomo na Nyacyonga mbere yo gusoreza i Batsinda.
Ni mu gihe abangavu bahagurukiye muri Santere ya Ibanda mu Karere ka Gicumbi bagasoreza i Batsinda basiganwa ibilometero 62.
Mu bagabo, Niyonkuru Samuel wa Team Amani yegukanye Shampiyona y’Igihugu y’Amagare nyuma yo kugera i Batsinda ari imbere wenyine, akoresheje amasaha ane, iminota umunani n’amasegonda 30 yakurikiwe na Muhoza Eric na Nsengiyumva Shemu yarushije iminota 7 n’amasegonda 49.
Mu bagore, Nzayisenga Valentine yegukanye Shampiyona y’Igihugu y’Amagare akoresheje amasaha atatu, iminota 19 n’amasegonda 21, yahigitse abarimo Ingabire Diane urifite inshuro eshatu yarushije iminota itatu n’amasegonda 20 na Nirere Xaverine yasize iminota itatu n’amasegonda 21.
Nzayisenga yaherukaga kwegukana umwambaro uriho ibendera ry’Igihugu mu 2019.
Mu ngimbi Byusa Pacifique ukinira Les Amis Sportifs ni we wegukanye Shampiyona y’Igihugu y’Amagare akoresheje amasaha abiri, iminota 57 n’amasegonda 58, ibihe anganya na Nkurikinyinka Jackson wabaye uwa kabiri mu gihe Shema Brain wasoreje ku mwanya wa gatatu arushwa iminota 7 n’amasegonda 28.
Mu bangavu hatsinze Akimana Donata wa Ngarama Sports Academy ahigitse Masengesho Yvonne, amutanga gukoza ipine mu murongo dore ko bombi bakoresheje amasaha abiri, iminota 7 n’isegonda rimwe mu gihe uwa gatatu yabaye Kanyange Zawadi warushijwe amasegonda 10.
Isiganwa nkiri mu mwaka ushize wa 2025, ryegukanywe na Nkundabera Eric ‘Buravan’ mu bagabo no mu batarengeje imyaka 23) na Ntirenganya Moïse mu ngimbi ni bo batwaye Shampiyona y’Igihugu mu 2025.
Mu bagore, abaherukaga gutsindira umwambaro uriho ibendera ry’Igihugu ni Mwamikazi Jazilla mu bakuru na Masengesho Yvonne mu bangavu.








