Umutoza wa APR FC, Taleb Abderrahim, yemeje ko basabye impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri CAF ko hashakwa ahandi bazakinira na ‘Les Aigles du Congo’ yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu ijonjora ry’ibanze rya ‘CAF Champions League’, kuko badashobora gushyira abakinnyi mu kaga bajya mu gihugu kirimo indwara ya Ebola n’intambara.
Ku wa 6 Kanama 2026 ni bwo i Cairo mu Misiri, ku cyicaro gikuru cy’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), habereye tombola y’uburyo amakipe yo kuri uyu mugabane azahura mu marushanwa yayo.
APR FC izahagararira u Rwanda muri CAF Champions League, yatomboye Les Aigles du Congo y’i Kinshasa mu ijonjora ry’ibanze rizakinwa mu byumweru bibiri bya mbere bya Nzeri. Abakunzi b’umupira w’amaguru batangiye kwibaza niba iyi kipe izajya muri Congo nyuma yaho umubano w’u Rwanda na RDC wazambye biturutse ku rugamba rwatangijwe n’umutwe witwaje intwaro wa M23 mu 2021, aho ushinja Leta ya Kinshasa kutubahiriza amasezerano bagiranye.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru umutoza wa APR FC, Taleb Abderrahim, nyuma y’umukino yatsinzemo Etincelles FC ibitego 2-1 kuri Stade Umuganda, kuri iki Cyumweru, yemeje ko basabye CAF ko uyu mukino wakinirwaga ku kibuga kitabogamye, ashimangira ko batashyira abakinnyi mu kaga babajyana mu gihugu kirimo indwara n’intambara.
Yagize ati: Nk’uko mubizi muri Congo hari Ebola. Ejo nabonye kuri televiziyo ko mu mujyi umwe hari abarwaye 4 000. Twebwe rero ntabwo twashyira abakinnyi bacu mu kaga. Ntidushobora kujya mu gihugu kirimo indwara ishobora kuduteza ibibazo by’ubuzima. Ikindi kandi hari intambara. Turimo kurebera hamwe na CAF ko twakinira ku kibuga kitabogamye ariko tuzageragereza amahirwe. Dufite ubushake kandi turiteguye.”
Yakomeje agira ati: “Bityo rero, turimo kuganira na CAF kugira ngo umukino ubere ahantu hatabangamiye impande zombi, ariko twiteguye no guhangana n’uko ibintu byose byagenda. Dufite ishyaka n’imbaraga nyinshi kandi dutegereje igisubizo cya CAF.”
Uyu mutoza kandi yavuze ko bari kwitegura bategereje kureba niba bazakinira nka Tanzania cyangwa ahandi yewe no mu Rwanda. Amategeko ya CAF mu marushanwa ahuza amakipe, mu ngingo yayo ya 14, ateganya ko imikino ishobora gukinirwa ku kibuga cyo hanze [amakipe adahuriyeho] bitewe n’ubwumvikane bw’amashyirahamwe cyangwa icyemezo cya Komisiyo y’Amarushanwa y’iyi mpuzamashyirahamwe.
Iyi kipe yo muri RDC ni yo izakira umukino ubanza hagati y’itariki 4 n’iya 6 Nzeri mu gihe uwo kwishyura uzakirwa na APR FC mu cyumweru kizakurikiraho, hagati y’itariki ya 11 n’iya 13 Nzeri 2026. ‘Les Aigles du Congo’ ni ikipe nshya muri RDC kuko yashinzwe mu 2023 n’umunyapolitiki ‘Vidiye Tshipanda Tshimanga’ usanzwe ari umujyanama wihariye wa Perezida Félix Antoine Tshisekedi. Mu mwaka ushize w’imikino yasoreje ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona ya RDC ya 2025/26, ikurikiye TP Mazembe yegukanye igikombe.
Ikipe izakomeza hagati ya APR FC na ‘Les Aigles du Congo’ izahura n’izatsinda hagati ya AS Port yo muri Djibouti na Zamalek yo mu Misiri mu cyiciro gikurikiraho.


