Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yakiriye itsinda ry’inzobere mu bijyanye n’Itegeko Nshinga zo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EAC) n’abayobozi bo mu Bunyamabanga bwayo bayobowe n’Umunyamabanga Mukuru wungirije w’uyu Muryango, Andrea Ariik Aguer. Ibiro ry’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro) byatangaje ko Perezida Kagame yakiriye izo nzobere kuri uyu wa 26 Kamena 2026.
Itangazo ryashyizwe ku mbuga nkoranyambaga rigira riti: “Baganiriye ku mirimo ikomeje gukorwa muri gahunda yo guhuza ibihugu bigize Afurika y’Iburasirazuba (East African Political Confederation), harimo kureba aho imirimo yo gutegura Itegeko Nshinga ry’uyu muryango igeze n’ibindi bijyanye no kwihutisha iyi gahunda yo kwihuza kw’Akarere.”
East African Political Confederation ni uburyo bwatekerejwe n’ibihugu bigize EAC buzabifasha guhuza no gusangira inzego z’ingenzi. Ibi bisobanuye ko ibihugu bya EAC bishobora gufatanya binyuze mu nzego zihuriyeho mu kwita ku ngingo z’ingenzi nk’umutekano, ububanyi n’amahanga, ubucuruzi, imiyoborere n’ibindi.
Uyu mushinga wemejwe mu 2017 nk’icyerekezo cy’igihe kirekire cyafasha Akarere kwigira. Icyakora kugeza ubu ntabwo uragerwaho nubwo imirimo igikomeje. EAC igaragaza ko ubu bucuruzi bwagumye kuri 15% mu myaka icumi ishize; imibare iri munsi ya 30% kugeza kuri 50% byateganywaga.
Imibare yatangajwe mu 2025 igaragaza ko Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba ugizwe n’ibihugu umunani birimo u Rwanda, u Burundi, Uganda, Kenya, Tanzania, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Sudani y’Epfo na Somalia, bikaba bifite abaturage barenga miliyoni 302.
