Perezida Ruto yahembye imodoka Sebastian Sawe wahize abandi muri London Marathon

Perezida Ruto yahembye imodoka Sebastian Sawe wahize abandi muri London Marathon

SHEMA IVAN

April 30, 2026

Perezida wa Kenya, Dr William Samoei Ruto yahaye imodoka n’ishimwe rya miliyoni 5 z’Amashilingi ya Kenya, asaga miliyoni 56 z’amafaranga y’u Rwanda, Umunyakenya Sebastian Sawe uherutse gukora amateka yo kwiruka ku maguru Marathon (Intera y’ibilometero bisaga 42) mu gihe kiri munsi y’amasaha abiri.

Sebastian w’imyaka 31 yaciye ako gahigo ku Cyumweru, tariki ya 26 Mata 2026, ubwo yari yitabiriye irushanwa rya London Marathon ryakinwe ku nshuro ya 46, rimwe mu masiganwa yo ku maguru akomeye ku Isi. Iri siganwa ryitabiriwe n’abarenga ibihumbi 59, ryitabiriwe n’ibyamamare birimo Sebastian Vettel usiganwa ry’imodoka rya Formula 1, Samantha Spiro uri mu bakinnyi bakomeye ba filime n’abandi.

Uyu mukinnyi ni we wahize abandi akoresheje isaha imwe, iminota 59 n’amasegonda 30, akurikirwa na Yomif Kejelcha wo muri Ethiopia wakoresheje isaha imwe, iminota 59 n’amasegonda 41. Uwa gatatu ni Umunya-Uganda, Jacob Kiplimo, wakoresheje amasaha abiri n’amasegonda 28.

Uku kwitwara neza byatumye kuri uyu wa Kane, Perezida Ruto amuha imodoka n’ishimwe rya miliyoni 5 z’amashilingi asaga 56Frw. Sabastian na we yahaye Perezida Ruto impano y’Inkweto yari yambaye ubwo yacaga agahigo ko kwiruka Marathon munsi y’amasaha abiri.

Sebastian yanegukanye iri siganwa mu 2025, ndetse ni we wari unafite agahigo ko kwegukana iri siganwa mu gihe gito ku rwego rw’Isi.

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA