Rayon Sports yatsinze Al Hilal SC igera muri 1/2 cya CECAFA Kagame Cup 2026
Amakuru

Rayon Sports yatsinze Al Hilal SC igera muri 1/2 cya CECAFA Kagame Cup 2026

SHEMA IVAN

August 1, 2026

Rayon Sports ihagarariye u Rwanda muri CECAFA Kagame Cup yageze ku mukino wa 1/2 cy’irangiza nyuma yo gutsinda Al Hilal SC yo muri Sudani igitego 1-0 mu mukino wa nyuma wo mu itsinda C.

Ni umukino wabereye kuri Stade Amahoro, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, tariki 1 Kanama 2026 witabirwa n’abarimo Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr. Justin Nsengiyumva, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice n’abandi.

Amakipe yombi yagiye gukina uyu mukino akeneye kunganya kugira ngo bakomeze muri 1/2.

Ni umukino watangiye wihuta ku mpande zombi, buri kipe igerageza kurema uburyo bwo gutsinda igitego hakiri kare.

Ku munota wa 19, Rayon Sports yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Atisso Kodjo, nyuma yo kwakira umupira Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange yamuhaye.

Mu minota 25, Rayon Sports yakomeje gusatira ishaka igitego cya kabiri binyuze ku ruhande rw’iburyo rwakinagaho Iradukunda Elie Tatou wari wagoye cyane abakinyi ba Al Hilal SC.

Ku munota wa 40, Al Hilal SC yatangiye kwinjira mu mukino ikinira cyane  mu kibuga cya Rayon Sports ishaka kwishyura igitego, ariko ubwugarizi n’umunyezamu bakomeza guhagarara neza.

Igice cya mbere cyarangiye Rayon Sports itsinze Al Hilal SC igitego 1-0.

Mu igice cya kabiri, Al Hilal SC yatangiranye impinduka eshatu Ernest Luzolo, Ahmed M’bareck na Omer Taha, basimbura Akire Tempo, Godwin Frimpong na Emmanuel Flomo.

Izi mpinduka zongereye imbaraga mu busatirizi bw’iyi kipe yo muri Sudani, ariko ikagorwa no kubyaza umusaruro amahirwe babonaga imbere y’izamu.

Ku minota 75, umukino wagabanyije umuvuduko abakinnyi ba Al Hilal SC batakaza imipira myinshi, mu gihe Rayon Sports yo yari yasubiye inyuma ishaka kurinda igitego cyayo.

Umukino warangiye Rayon Sports yatsinze Al Hilal SC igitego 1-0, ihita ibona itike yo gukina 1/2 cya CECAFA Kagame Cup ikomeje kubera i Kigali.

Iyi kipe ihagarariye u Rwanda yasoje ifite amanota icyenda nyuma yo gutsinda imikino yose yo mu Itsinda C yazamukanye na Al Hilal SC yitwaye neza mu makipe yabaye aya kabiri n’amanota atandatu izigamye ibitego bitanu.

Muri 1/2 Rayon Sports izahura na Jamus FC yo muri Sudani y’Epfo yayoboye Itsinda B, mu gihe Al Hilal SC izahura na Gor Mahia yo muri Kenya yayoboye Itsinda A. Iyi mikino yose izakinwa ku wa Kabiri, tariki ya 4 Kanama 2026.

Byari ibyishimo ku bafana ba Rayon Sports nyuma yo kugera muri 1/2 cya CECAFA Kagame Cup 2026
Igitego cya Afisso Kodjo cyafashije Rayon Sports kugera muri 1/2 cya CECAFA Kagame Cup 2026
Wari umukino uryoheye ijisho
Abakinnyi Rayon Sports yabanje mu kibuga
Abakinnyi Al Hilal SC yabanje mu kibuga
Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda Dr. Justin Nsengiyumva mu bitabiriye umukino
Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva na Minisitiri wa Siporo Nelly Mukazayire bakurikye umukino
Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice na we yitabiriye umukino
Perezida wa CECAFA Paulos Weldehaimanot Andemariam
Abanya-sudani baba mu Rwanda bari baje gushyigikira Al Hilal SC y’iwabo

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA