Chelsea yirukanye Umutoza Liam Rosenior
Amakuru

Chelsea yirukanye Umutoza Liam Rosenior

SHEMA IVAN

April 22, 2026

Umwongereza Liam Rosenior wari Umutoza Mukuru wa Chelsea yirukanywe kuri aka kazi nyuma amezi atatu yari akamazemo kubera umusururo mubi iyi kipe imaranye iminsi.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 22 Mata 2026, ni bwo Ubuyobozi bwa Chelsea bwakoze inama igaruka ku hazaza h’uyu mutoza byarangiye yirukanywe.

Itangazo iyi kipe yashyize ahagaragara rigira riti: “Uyu munsi Chelsea FC yatandukanye na Liam Rosenior wari umutoza mukuru. Mu izina rya buri wese uri muri Chelsea we n’abungiriza be tubashimiye imbaraga zabo bashyize muri Chelsea.

“Liam yakoze uko ashoboye kose kuva yagera muri Chelsea, agaragaza ubunyamwuga kuva yakwemezwa muri ½ cya shampiyona. Uyu si umwanzuro ikipe yafashe byoroshye, ahubwo ni amanota n’umusaruro byamanutse kandi hari byinshi byo gukora muri uyu mwaka. Buri wese aramwifuriza ibihe byiza.”

Chelsea yongeyeho ko yafashe uyu mwanzuro mu rwego rwo gushaka uko iguma mu makipe yabona itike yo kuzakina amarushanwa yo ku Mugabane w’u Burayi, ndetse no guhatana muri FA Cup.

Chelsea yari imaze imikino itanu muri Shampiyona itsindwa ndetse itinjiza igitego, ikaba yaherukaga gusezererwa muri 1/8 cya UEFA Champions League na Paris Saint- Germain ku giteranyo cy’igitego 8-2 mu mikino yombi.

Rosenior w’imyaka 41 yageze muri Chelsea muri Mutarama 2026, avuye muri Strasbourg, asinya amasezerano y’imyaka itandatu asimbuye Enzo Maresca. Asize Chelsea iri ku mwanya wa Karindwi n’amanota 48 ku Munsi wa 34 wa Shampiyona y’u Bwongereza.

Calum McFarlane ni we wagizwe umutoza w’agateganyo kugeza umwaka w’imikino wa 2025/26 urangiye muri Kamena 2026.

Liam Rosenior wari Umutoza wa Chelsea yikuranywe kubera umusaruro mubi

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA