Amakipe ane ahagarariye u Rwanda mu mikino ya Shampiyona Nyafurika y’amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Volleyball ari yo APR VC, Kepler VC, Police VC na REG VC yitwaye neza mu mikino y’umunsi wa gatatu w’iri rushanwa rikomeje kubera i Kigali.
Iyi mikino yakiniwe muri BK Arena na Petit Stade ku wa Gatanu tariki ya 24 Gicurasi 2026 yitabirwa n’abarimo na Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire na Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Nsanzimana Sabin, Perezida wa CAVN n’abandi batandukanye.
Umukino wari utegerejwe wahuje Ikipe ya Polisi y’Igihugu na Fus yo muri Maroc yitabiriye iri rushanwa ku nshuro ya gatatu. FUS Rabat yatangiye neza umukino yegukana iseti ya mbere ku manota 25 kuri 19 ya Police VC.
Mu iseti ya kabiri, Police VC yinjiye mu mukino irayegukana ku manota 28 kuri 26. Yakomeje gukina neza no mu iseti ya gatatu abarimo Matheus Bettim na Makuto Elphas batsindaga cyane. Iyi kipe yatsinze iseti ya gatatu ku manota 25 kuri 20 ya FUS Rabat.
Police VC kandi yegukanye iseti ya kane ku manota 25 kuri 21 ya FUS Rabat, bityo ibona intsinzi ya kabiri muri iri rushanwa. Mu mukino wabanjiriye uyu, REG VC yabonye intsinzi ya mbere, nyuma yo gutsinda Rukinzo VC y’i Burundi amaseti 3-0 (25-22, 25-15 na 25-22).
APR VC yatsinze Litto Team yo muri Cameroun amaseti 3-0 (17-25, 18-25, 22-25) na Kepler VC ibigenza uko imbere ya Sports-s yo muri Uganda (25-22, 25-17, 25-20) zombi zegukana intsinzi ya kabiri yikurikiranya muri iri rushanwa
Imikino irakomeza kuri uyu wa Gatandatu, aho saa munani Police VC ikina na Wolaita yo muri Ethiopia, REG VC igakina na General S yo muri Kenya. Guhera saa kumi n’ebyiri, Cameroun S irakina na Kepler VC, mu gihe saa mbiri, APR VC ikina na Nemo Stars yo muri Uganda.










