Ikigo Gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) cyatangaje ko mu mwaka wa 2030 Malariya izaba yagabanyijwe ku kigero cya 70% mu Rwanda. Ibi ni bimwe mu byagarutsweho n’umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya Malariya n’indwara zititaweho muri RBC, Dr. Aimable Mbituyumuremyi ubwo yasobanuriraga abanyamakuru uko Malaria ihagaze n’ingamba ziri gufatwa ngo irandurwe mu gihugu.
Ni mu gihe u Rwanda n’Isi muri rusange bitegura kwizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya Malariya uba ku ya 25 Mata buri mwaka. Yagize ati: “Muri raporo y’umuryango mpuzamahanga wita ku buzima OMS igaragaza uko ibihugu bihagaze mu bijyanye no kurwanya malariya, abishwe na yo n’ibindi.
Mu myaka ibiri ishize u Rwanda rwari mu bihugu biri mu nzira nziza yo kurandura Malariya, bigendeye ku ngamba z’isi yose mu kurandura Malariya ku buryo izaba yaranduwe muri 2030. Rwari mu nzira nziza mu mwaka wa 2023-2024 ariko ubu twamaze kuva mu nzira nk’uko n’ibindi bihugu bimeze. Ubu icyo turi gukora ni ukugira ngo turebe ko ingamba zacu zatanga umusaruro hanyuma muri 2030 tukaba twagabanyije 70% kuri Malariya dufite mu gihugu.”
Yakomeje avuga ko mu ngamba zafashwe mu rwego rwo kurandura Malariya harimo; gutera imiti imbere mu nzu, gutanga inzitiramubu cyane ko hatumijwe izisaga 2,900,000, aho izisaga miliyoni zamaze gutangwa mu gihe indi miliyoni izatangira gutangwa muri iki cyumweru, gupima abarwaye bakavurwa ku gihe bifashijwemo n’abajyanama b’ubuzima ndetse n’ibigo nderabuzima, ubukangurambaga, ikusanyamakuru, ubugenzuzi n’ibindi.
Yavuze kandi ko Malariya yiyongereye kuko mu mwaka wa 2023-2024 handuye abarega ibihumbi 600 mu gihe 2024-2025 handuye abarenga Miliyoni hapfamo 87 naho kuva muri Nyakanga umwaka ushize kugeza muri Werurwe uyu mwaka hari hamaze kwandura abarenga ibihumbi 900.
Ikigo Gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC) cyibukije abaturage ko Malariya igihari, cyasabye abaturage gukomeza gufatanya n’inzego zishinzwe ubuzima mu ngamba zo kwirinda Malariya, barara mu nzitiramubu iteye umuti, gusiba ibinogo birekamo amazi imibu yororokeramo, n’ibindi byose bikenewe ngo intego yo kurandura Malariya igerweho.
