Amakipe y’u Rwanda yageze muri muri ⅛ cya ‘CAVB Menʼs Club Championship 2026’
Siporo

Amakipe y’u Rwanda yageze muri muri ⅛ cya ‘CAVB Menʼs Club Championship 2026’

SHEMA IVAN

April 28, 2026

Amakipe ane ahagarariye u Rwanda mu mikino ya Shampiyona Nyafurika ya ‘CAVB Club Championship 2026’ ari yo APR VC, Police VC, REG na Kepler VC, yitwaye neza mu mikino y’amatsinda agera muri ⅛.

Mu Ijoro ryo ku wa Mbere, tariki ya 27 Mata 2026, ni bwo hakinwe imikino ya nyuma mu matsinda y’iri rushanwa riri kubera i Kigali ku nshuro ya 47. Mu itsinda A, APR yahuye na Projet, Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarimo ishaka intsinzi ituma izamuka idatsinzwe. Iyi kipe yo Misiri yatangiye neza batsinze iseti ya mbere ku manota 25-18.

Mu iseti ya kabiri, Sammy Mulinge utoza APR VC yagerageje guhindura yinjizamo abarimo Niyonshima Samuel, aruhura James Achuil, ariko na bwo batsindwa iseti ya kabiri ku manota 25-18 mbere yo gutakaza n’iya gatatu ku manota 29-27.

Gutsindwa byatumye APR VC isoreza ku mwanya wa  gatatu muri iri tsinda, inyuma ya Nemo Stars yo muri Uganda yo yatsinze Litto Team yo muri Cameroun amaseti 3-0 (25-21, 25-16, 25-12) na Projet Sports Club.

Mu Itsinda B, Al Ahly yo mu Misiri yasoje imikino yayo idatsinzwe nyuma yo kwihererana AS INJS yo muri Côte d’Ivoire ikayitsinda amaseti 3-0 (25-13, 25-15, 25-17) mu gihe Kepler VC yo mu Rwanda yabonye intsinzi ya kane itsinze Equity Bank yo muri Kenya amaseti 3-1 (25-19, 20-25, 25-23, 25-18).

Mu Itsinda C, Police VC yasoje imikino yayo idatsinzwe nyuma yo kwigobotora Kenya Ports Authoriy mu mukino w’amaseti atanu (25-20, 20-25, 25-19, 21-25, 15-12).

Wolaitta Dicha Sports Club yo muri Ethiopia yatsinze Prisons VC yo muri Tanzania amaseti 3-0 (25-22, 25-22, 25-22) mu gihe Faith Union yo muri Maroc itsinda Ghana Army amaseti 3-2 (24-26, 25-14, 18- 25, 25-23, 15-13).

Mu Itsinda D, REG VC yatsinze Kabili Sporting yo muri Ghana iyitsinda amaseti 3-0 (25-19, 25-21, 25-23) naho Port Autonome de Douala yo muri Cameroun itsinda General Service Unit yo muri Kenya amaseti 3-0 (25-14, 25-22, 25-20).

Amakipe yabonye itike ya APR, Petrojet, Al Ahly, Kepler, Police, Ghana Army, Petro Autonome, General Service, Nemo Stars, FUS Rabat, KPA, REG, Kalib, Sport S, Equity Bank na Nigeria Customs

Biteganyijwe ko iyi imikino izatangira ku wa Gatatu tariki ya 29 Mata 2026.

APR VC yasoje imikino y’amatsinda itsindwa na Project yo mu Misiri amaseti 3-0
REG VC yasoreje ku mwanya wa kabiri nyuma yo gutsinda intsinzi Kabili Sporting yo muri Ghana
Kepler VC na yo yabonye itike ya 1/8 itsinze Equity Bank yo muri Kenya
Umuyobozi Mukuru wa Kepler, Nathalie Munyampenda, mu baryohewe intsinzi ikipe ye yabonye kuri Equity Bank

Ba uwa mbere mu kumenya amakuru agezweho!!!

TANGA IGITECYEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

IZINDI NKURU WASOMA