Umunyarwenya w’umunyabigwi muri Kenya Eric Omondi, yatangaje ko atewe impungenge n’aba ntu bagera ku munani baherutse kumushimuta bakamujyana aho atazi.
Uyu munyarwenya ukunze kwamagana akarengane ako ariko kose, yabitangaje yifashishije imbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Kamena 2026 avuga ko abayeho mu bwoba.
Yagize ati: “Nashimuswe n’itsinda ry’abantu umunani batambaye impuzankano. Nta gitekerezo mfite cy’aho banjyanye.”
Nyuma yo gutangaza ayo makuru bamwe mu bamukurikira bamwihanganishije abandi bakagira ngo n’urwenya dore ko asanzwe ari umunyarwenya ubikora kinyamwuga.
Uwitwa Vi Nie kuri Instagram yanditse ati: “Vuga aho uri neza (location) tugufashe kwihisha, mbisubiyemo, tanga ibiranga aho uri tujye kugufasha kwihisha.”
Mugenzi we Ruth Brillian yagize ati: “Eric, ikibazo ni uko kukwizera bigoye. Wasanga ari urwenya (comedy), ariko nanone ndagerageza kubyitaho no kugira icyo nkora.”
Embakasi South Pipeline Politics Talks, na we ati: “Barashaka gucecekesha ijwi ry’umuturage ukennye. Abo bashimuta nibamenye ko Kenya irusha agaciro abantu babiri cyangwa batatu.”
Mark Muga we yagize ati: “Ndabasabye rwose,bagabo bagenda muri Subaru, ntimugire icyo mumutwara. Ni Umunyakenya w’inzirabkarengane kandi uzi ibintu, uri kurwanirira inyungu z’abandi Banya-Kenya benshi.”
Umunyarwenya Eric yavuze ko abo bagabo bamushimuse batari bambaye impuzankano, icyakora agakeka ko byatewe n’uko yaba yariyemeje gukora ibikorwa biharanira uburenganzira bwa muntu.
Ikinyamakuru cya Tuko News cyatangaje ko nyuma yo kwandika gutyo cyagerageje kumuhamagara kuri telefone ye igendanwa igacamo ariko kandi ntayitabe bityo bitazwi niba yaba yabonetse cyangwa bikigoranye.
Si ubwa mbere Eric Omondi yisanga mu bihe nk’ibi. Azwi cyane ku bikorwa bye byo guharanira uburenganzira bwa muntu no kunenga ubutegetsi ku mugaragaro, ndetse yagiye atabwa muri yombi inshuro nyinshi mu bihe byashize.
