Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima, RBC cyagaragaje ko mu Cyumweru cy’Icyunamo cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 32 cyatangiye ku wa 07 Mata gisozwa ku wa 13 Mata 2026 hakiriwe abantu 1,739 bagize ihungabana kubera amateka ya Jenoside.
Umuyobozi w’Ishami Rishinzwe Ubuzima bwo mu Mutwe muri RBC, Dr. Gishoma Darius yagaragaje ko muri icyo cyumweru abahungabanye bagiye bafashirizwa aho bagiye kwibukira bagahita bakira, ariko abarenga 24% bikaba byarabaye ngombwa ko boherezwa mu bitaro.
Yagize ati: “Abagera kuri 24% byabaye ngombwa ko babohereza mu bitaro kugira ngo bitabweho.”
Dr. Gishoma yagaragaje ko Umujyi wa Kigali ari wo wagaragayemo umubare munini w’abahungabanye kuko bangana na 577 bangana na 27,4%, Intara y’Amajyepfo ni 421 bangana na 24%, Uburasirazuba ni 395 bangana na 22,7%, Uburengerazuba ni 363 bangana na 20,8% mu gihe mu Ntara y’Amajyaruguru ari 83 bangana na 4,7%.
RBC igaragaza ko mu mwaka wa 2025, abantu 4,192 bahungabanye mu bihe byo Kwibuka ku nshuro ya 31 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, barimo 2,666 bahungabaniye ahabera ibikorwa byo kwibuka n’abandi 1,526 bahungabaniye mu ngo zabo bakajyanwa kuvuzwa.
Mu kiganiro n’itangazamakuru ku wa 02 Mata 2026, Dr. Gishoma yavuze ko abantu bahungabana bari mu byiciro byose haba ababaye muri ibyo bihe n’abavutse nyuma yabyo.
Mu bagize ihungabana n’ibimenyetso byaryo, abakuze bangana na 90% mu gihe 10% ari urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ruri hagati y’imyaka 18 na 30.
